00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi Ngoga yasabye amahanga kutajenjekera abakoze jenoside n’abayihakana

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 April 2024 saa 12:07
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Martin Ngoga, yasabye amahanga kutajenjekera abagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abayihakana n’abayipfobya.

Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Nairobi ku wa 9 Mata 2024, Ambasaderi Ngoga yibukije abacyitabiriye ko jenoside ari ingaruka z’urwango, kandi ko abantu bakwiye kuzirikana amasomo aya mateka mabi yasize kugira ngo atazasubira.

Yagize ati “Jenoside si ikintu kibera mu muhezo ahubwo ni ingaruka za sosiyete yemeye ko ibintu bitagira ishingiro no kutoroherana bishinga umuzi. Dukwiye gukora ibishoboka kugira ngo amasomo y’ahahiye atazibagirana.”

“Tugomba guharanira kurema Isi, aho twishimira ko dutandukanye, itandukaniro rikubahwa, kandi aho abantu bose babaho badafite ubwoba, batanakorerwa ivangura.”

Ambasaderi Ngoga yavuze ko kwibuka jenoside bikwiye kujyana no kurwanya abayihakana barimo abize, badaha agaciro imanza zaciwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, asobanura ko guhakana atari igikorwa gikwiye kwitwa uburenganzira bwo kuvuga, ahubwo ko ari icyaha.

Yagaragaje ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayihakana bakomeje kwidegembya, aho bari hirya no hino ku Isi, asaba amahanga kubakurikirana no kubafungira imiyoboro banyuzaho ubutumwa bwabo busenya.

Ati “Abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayihakana bakomeje kwidegembya mu bice byinshi by’Isi, bakwirakwiza ingengabitekerezo y’urwango n’amakuru atari yo kuri jenoside. Kwibuka ni umwanya wo gusaba umuryango mpuzamahanga gufunga abakoze jenoside no kwimana abahakana imbuga.”

Umunyamabanga Mukuru wa Kenya ushinzwe ububanyi n’amahanga, Korir SingOei, yibukije abitabiriye iki gikorwa ko umuryango mpuzamahanga wanze gukumira jenoside yakorewe Abatutsi kandi warabonaga ibimenyetso by’uko yategurwaga. Yawusabye kutongera gukora amakosa nk’ay’ahahise mu gihe hagaragaye ahatutumba jenoside.

Iki gikorwa cyitabiriwe n'Abanyarwanda n'inshuti
Abitabiriye iki gikorwa bunamiye abazize jenoside
Abasirikare bahaye icyubahiro abazize jenoside
Iki gikorwa cyitabiriwe n'abahagarariye ibihugu n'imiryango mpuzamahanga
Ambasaderi Ngoga yacanye urumuri rw'icyizere
Ambasaderi Ngoga yasabye amahanga gukurikirana abakoze jenoside
SingOei yibukije ko jenoside yabaye kubera uburangare bw'umuryango mpuzamahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .