Ubusanzwe buri mwaka EAC yifatanya n’u Rwanda kwibuka jenoside, ariko bigakorerwa gusa ku cyicaro cyayo i Arusha muri Tanzania.
Umunyamabanga Mukuru wungirije wa EAC, Andrea Aguer Ariik Malueth, yatangaje ko hari icyifuzo cy’uko kwibuka byajya bikorwa muri uyu muryango wose, aho kubera i Arusha gusa.
Malueth yasobanuye ko ibi bikwiye gukorwa mu rwego rwo kurwanya jenoside, ingengabitekerezo yayo ndetse n’abayihakana mu karere kose.
Yagize ati “Tugiye gushyiraho ingamba kugira ngo jenoside irandurwe mu karere kacu, binyuze mu biganiro no kuzirikana ububi bw’ingengabitekerezo ya jenoside no kuyihakana.”
Nk’uko Malueth yabisobanuye, iki cyifuzo kizagezwa ku Kanama k’Abaminisitiri ba EAC kugira ngo bakiganireho, banagifateho icyemezo.
Ubuyobozi bwa EAC bugize iki cyifuzo mu gihe nko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje ibikorwa byibasira Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi ndetse n’imvugo zihembera urwango.
Ibi bikorwa byenyegejwe n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR washinzwe n’abarimo abagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, bahabwa ubufasha ndetse banakorana na Leta ya RDC kuva mu myaka myinshi ishize.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!