00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Zelensky yatabarije ingabo ze zitorohewe ku rugamba

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 15 April 2024 saa 10:39
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Vladimir Zelensky yashyize yemera ko ingabo ze zitorohewe mu rugamba zihanganyemo n’u Burusiya mu Burasirazuba bw’igihugu, mu gace ka Donbass.

Nubwo yemeye ko ingabo ze zugarijwe, Zelensky yabigeretse ku mutwe w’Abanyamerika n’Abanyaburayi batamuha inkunga y’intwaro nk’uko bikwiriye.

Ingabo z’u Burusiya zigaruriye bimwe mu bice bya Donbass, icyakora Ukraine iracyafite ibice igenzura muri iyo ntara.

Hashize iminsi urugamba rwambikanye muri ako gace ariko ingabo za Ukraine zisa n’iziri kuhatsindwa.

Mu ijambo yagejeje ku baturage be kuri iki Cyumweru, Zelensky yavuze ko aho bigeze hagoye.

Ati “Buri gihe mu ntambara ntibiba byorosye ariko muri iyi minsi mu duce twa Donetsk, ho birakomeye cyane.”

Zelensky agendeye ku bufasha Amerika n’u Burayi byahaye Israel mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yagabwaho ibitero na Iran, igahabwa igafashwa mu burinzi bw’ikirere bwashwanyaguje ibisasu bya Iran, yavuze ko Ukraine yo ititaweho gutyo.

Ati “Isi yose yiboneye icyo bivuze kurinda umutekano kandi bigaragara ko bishoboka.”

Nubwo Ukraine imaze guhabwa inkunga nyinshi kuva intambara yatangira muri Gashyantare 2022, nta kintu byahinduye cyane ku rugamba.

Perezida Zelensky yavuze ko ingabo ze zitorohewe ku rugamba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .