00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibiza byibasiye u Bushinwa mu 2024 bimaze kubuhombya arenga miliyari 4.271 Frw

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 April 2024 saa 12:03
Yasuwe :

Minisiteri ishinzwe kurwanya no gukumira ibiza mu Bushinwa yatangaje ko ibiza byibasiye iki gihugu mu gihembwe cya kane cy’umwaka wa 2024 bimaze kugihombya ama-yuan miliyari 23,76 (miliyari 4.271 Frw).

Nk’uko Ibiro Ntaramakuru Reuters byabitangaje, muri ibi biza harimo umutingito uri ku gipimo cya 7,1 wibasiye Intara ya Xinjiang, inkangu zibasiye Yunnan n’umwuzure waturutse mu Ruzi rw’Umuhondo (Yellow River).

Izuba ryinshi na ryo ryibasiye igice cy’Amajyepfo y’Uburengerazuba bw’u Bushinwa, ryangiza imyaka iri ku buso bwa hegitari 424.000, hiyongeraho umuyaga mwinshi ndetse n’umuriro wibasiye amashyamba.

Umutingito, inkangu n’imyuzure byishe abantu 76, mu gihe abandi 110.000 bari bakeneye kwimurwa by’agateganyo byihuse barimo n’abagombaga kwimurirwa ahandi. Muri rusange, abantu barenga miliyoni 10,4 bagizweho ingaruka muri iki gihe.

Mu 2023, ibiza byibasiye u Bushinwa byishe abantu 691. Byabuhombeje ama-Yuan miliyari 47,7. Yanganaga na miliyari 61.447 z’amafaranga y’u Rwanda.

Inkangu ni kimwe mu biza bikomeje guhombya u Bushinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .