00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inteko ya EU yatoye umushinga w’itegeko ry’abimukira

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 April 2024 saa 11:10
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) yatoye umushinga w’itegeko rigamije gukemura ikibazo cy’ubwiyongere bw’abimukira badafite ibyangombwa.

Uyu mushinga uteganya ko ku mipaka yo muri EU hazashyirwaho ibigo bishya bizajya byakira abimukira mu gihe hasuzumwa ubusabe bwabo, kandi gahunda yo kohereza ahandi abatujuje ibisabwa izajya yihutishwa.

Ibihugu bigize uyu muryango kandi bizajya bifasha u Butaliyani n’u Bugiriki kwakira abimukira cyangwa se bitange umusanzu w’amafaranga yo kubifasha kubitaho. Ibi bihugu byombi ni byo bakira benshi badafite ibyangombwa.

Indi ngingo iri muri uyu mushinga ivuga ko abimukira batujuje ibisabwa bazajya boherezwa mu bihugu bitekanye ariko bitari muri uyu muryango.

Nk’uko Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yabitangaje, biteganyijwe ko Komisiyo ya EU izashyiraho uburyo bwo gushyira mu bikorwa iri tegeko, mbere y’uko ritangira kubahirizwa mu 2026.

Minisitiri ushinzwe abimukira mu Bugiriki, Dimitris Kairidis, yishimiye iri tora, agaragaza ko ari imwe mu ntambwe zikomeye uyu muryango wateye, cyane ko iri tegeko rizafasha ibihugu biwugize gukemurira hamwe ikibazo cy’abimukira.

Iri tora kandi ryashyigikiwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, ndetse na Perezida wa Komisiyo ya EU, Ursula von der Leyen, gusa imiryango iharanira uburenganzira bw’abimukira yagaragaje ko ari “akagambane” kakorewe indangagaciro z’umuryango.

Ursula uyobora Komisiyo ya EU yishimiye itorwa ry'iri tegeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .