00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harry na Meghan ntibicuza iby’ikiganiro cyasebeje ‘Ubwami bw’u Bwongereza’

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 12 June 2021 saa 09:40
Yasuwe :

Igikomangoma cy’u Bwongereza, Harry n’umugore we Meghan, batangaje ko baticuza ku kiganiro bahaye itangazamakuru kigaruka ku cyemezo bafashe cyo kuva mu ngoro y’Ubwami.

Muri Werurwe uyu mwaka, nibwo Harry n’umugore we Meghan, babwiye umunyamakuru Oprah Winfrey, ko icyemezo cyo kuva mu Ngoro y’Ubwami bw’u Bwongereza bagifashe nyuma y’uko Meghan Markle ukomoka ku mwirabura n’umuzungu, yavuzweho amagambo y’irondaruhu kuri we na Archie, umwana w’imyaka ibiri yiteguraga kubyara icyo gihe.

Uretse gukorerwa irondaruhu kandi, uyu muryango wanavuze ku bindi bibazo bitandukanye wanyuzemo birimo kutabona ubwisanzure, umubano utari mwiza hagati y’Igikomangoma Harry na se umubyara n’ibindi.

Ni ikiganiro cyasebeje Ubwami bw’u Bwongereza cyane ndetse kinasenya umubano w’uyu muryango n’ubwo Bwami, kibabaza Umwamikazi ndetse bivugwa ko uyu muryango wagombaga kubyicuza.

Amakuru aturuka mu nshuti z’uyu Muryango usigaye utuye i Montecito muri Leta ya California muri Amerika, avuga ko “Baticuza iby’iki kiganiro”, icyakora bakaba barajwe ishinga no kubaka umubano mwiza n’Umuryango w’Ubwami bw’u Bwongereza, nubwo ukibabajwe n’ibyabaye.

Nyuma yo kwibaruka umwana wa kabiri, wiswe Lilibet Diana, umuryango wa Harry ushyize imbaraga mu kurera abana babo, dore ko na Archie yatangiye kujya mu ishuri mu minsi ishize.

Igikomangoma Harry na Meghan ntibatewe ipfunwe n'ikiganiro batanze 'cyasebeje Ubwami bw'u Bwongereza'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .