00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo yashinje Israel gusuzugura Loni

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 2 February 2024 saa 03:58
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Naledi Pandor yavuze ko Israel yakomeje kwica abasivile benshi muri Gaza na nyuma y’umwanzuro Umuryango w’Abibumbye uheruka kuyifatira wo kwirinda kugwa mu cyaha cyo gukora Jenoside.

Ibi Minisitiri Naledi yabitangarije itangazamakuru muri iki cyumweu. Yagize ati "Ntabwo nabica ku ruhande. Nzi neza ko ibyo urukiko rwategetse byirengagijwe. Abantu babarirwa mu magana barishwe mu minsi itatu cyangwa ine ishize. Kandi biragaragara ko Isarel yitwara nk’ifite uruhushya rwo kubikora uko ishaka".

Uyu mwanzuro utegeka Israel kwirinda gukora Jenoside i Gaza yawufatiwe ku itariki ya 26 Mutarama 2024 mu rubanza yari yarezwemo na Afurika y’Epfo.

Nyuma y’urwo rubanza, Minitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yumvikanye avuga ko umwanzuro w’Urukiko Mpanabyaha rw’Ubutabera (ICJ) udashyize mu gaciro na mba kandi ko nta musirikare we n’umwe uzazanwa imbere yarwo.

Nk’uko Minisiteri y’ubuzima ya Gaza ibitangaza, ku wa Gatatu ingabo za Israel zakomeje ibitero mu bice by’Amajyaruguru byahitanye abantu barenga 150 abandi 313 barakomereka. Abashinzwe ubuzima muri Palesitine bavuga ko abantu bagera ku 27000, cyane cyane abasivili, bamaze kwicwa kuva intambara yatangira mu Kwakira.

Iyi ntambara yatangiye ku itariki 7 Ukwakira umwaka shize, aho ku munsi wa mbere w’igitero hishwe Abanya-Isarel barenga 1000 abandi bagafatwa bugwate ba Hamas. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko hafi 85% by’abatuye Gaza bavanywe mu byabo mu gihe abandi 570000 bugarijwe n’inzara.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Naledi Pandor yashinje Israel gusuzugura Loni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .