Ibi yabitangaje mu gihe Ghana iri ku gitutu nyuma y’uko mu 2023 Inteko Ishinga Amategeko yashyigikiye ivugururwa ry’umushinga w’itegeko ryamagana abaryamana bahuje ibitsina.
Ubwo yaganiraga n’abayobozi b’amadini Mahama yavuze ko adashobora gushyigikira abaryamana bahuje ibitsina, kuko bihabanye cyane n’imyemerere ye.
Ati “Ukwizera kwanjye ntabwo kunyemerera kwemerera umugabo gushyingiranwa n’undi mugabo cyangwa umugore ku mugore.”
“Ntabwo nizera ko umuntu ashobora kubyuka akavuga ngo ariyumva nk’umugabo kandi yaravutse ari umugore agahindura agatangira kwitwara kigabo.”
Iri tegeko rivuga ko uwo bizajya bimenyekana ko ari umwe mu baryamana n’abo bahuje ibitsina ,azajya ahanishwa igifungo cy’imyaka itatu.
Rivuga kandi ko umuntu uzagaragarwaho ibikorwa byo gukora ubukangurambaga busabira uburengaranzira abaryamana bahuje ibitsina, azajya ahanishwa imyaka icumi y’igifungo muri gereza.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!