00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ruto yategetse ko abayobozi bagize uruhare mu iturika rya gaze bafungwa

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 3 February 2024 saa 04:22
Yasuwe :

Perezida wa Kenya William Ruto yatanze itegeko ku buyobozi bushinzwe iperereza mu Gihugu ngo bashakishe kandi bafunge abayobozi bagize uruhare mu kwemerera station ya gaze iri i Embakasi gukora itujuje ibisabwa.

Iyi sitasiyo ya gaze yari iherereye ahitwa Embakasi mu Murwa Mukuru Nairobi mu ijoro ryo ku itariki ya 1 Gashyantare 2024 yibasiwe n’inkongi y’umuriro ihitana abantu batatu abandi bagera muri 300 barakomereka ndetse n’inzu nyinshi n’indi mitungo ihegereye birangirika bikomeye.

Pereizida Ruto akomoza kuri iri iyi mpanuka ubwo yari mu gace ka Kakamega ku wa 3 Gashyantare, yagize ati "Nategetse Minisiteri bireba ko abo bayobozi bemereye sitasiyo ya gaze gukorera mu gace gatuyemo abantu binyuranyije n’amategeko ko bava mu mirimo bitarenze uyu munsi bagafungwa".

Yakomeje agira ati "Ndashaka kuvuga ntashidikanya ko abayobozi muri Leta batanze impushya zo kubaka sitasiyo ya gaze ahantu hatuwe kandi bigaragara ko ari ibintu bibi bidakwiye ariko kubera ruswa n’imikorere mibi babahaye impushya. Uyu munsi hari Abanyakenya bapfuye, abo babigizemo uruhare, Minisiteri igomba guhita ibafatira ibyemezo".

Ku wa Gatanu, tariki ya 2 Gashyantare, Visi Perezida Rigathi Gachagua na we yavuze ko umuyobozi w’iyi sitasiyo agomba gukurikiranwa mu mategeko akirengera imfu ndetse n’abakomerekeye muri ririya turika.

Perezida Ruto yategetse ko abayobozi bagize uruhare mu iturika rya gaze bafungwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .