Ikinyamakuru cyo muri Tanzania cyitwa Swahili Time kuri uyu wa 2 Gashyantare 2024 cyatangaje ko ayo makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi muri ako gace, ACP Richard Abwao, avuga ko uwo mugabo yishe umugore we kubera impamvu z’imigenzo, ku wa 30 Mutarama ahagana Saa Tanu z’ijoro.
Uyu muvugizi wa polisi kandi yemeje ko atari bo yishe gusa kuko n’undi mwana wabo w’imyaka ibiri y’amavuko w’umuhungu na we yamwishe akamushyingurana n’uwo mwana wundi wasigaye mu bo yakuye mu mugore we wari utwite.
ACP Richard Abwao ati ‘‘Mu ibazwa, yavuze ko yabwiwe ko hari abantu boherejwe gutwara umugore we n’abana, bakabajyana muri Gambushi (Mu gace ka Simiyu kavugaho kwibasirwa n’imbaraga z’umwijima) kubakoresha imirimo y’ubupfumu nijoro nyuma y’iminsi mike bakazabica. Ni yo mpamvu yafashe umwanzuro wo kubiyicira.’’
ACP Richard Abwao yatangaje ko hakiri gukorwa iperereza ryimbitse kuri ubwo bwicanyi, ryarangira Hamis Kulwa akazajyanwa imbere y’ubutabera kuburanishwa ku byaka akurukiranweho.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!