00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Liberia: Perezida Weah yahagaritse abayobozi Amerika irega ruswa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 August 2022 saa 08:11
Yasuwe :

Perezida wa Liberia, George Weah, yahagaritse abayobozi batatu muri Guverinoma ye bazira gushinjwa ibyaha bya ruswa no kunyereza umutungo wa Leta.

Uko ari batatu bashyizwe mu majwi na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Ibyo bihano birareba, Nathaniel MCGill, umukuru w’abakozi mu biro bya Perezida Weah, Umushinjacyaha Mukuru wa Liberia, Syman Syrenius Cephus na Bill Twehway, Umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rushinzwe ibyambu.

Amakuru dukesha Ijwi rya Amerika avuga ko uko ari batatu bavugwaho uruhare mu bijyanye na ruswa, Kunyereza umutunto wa Leta no kwigizwaho imitungo.

Perezida Weah, yavuze mu itangazo ko yasuzumye ibyo abo bayobozi bavugwaho, abifata “nk’indengakamere” kandi ko yahise abahagarika ku mirimo, bityo bakazabasha gukorwaho iperereza.

Imirimo yabo izakomezwa n’abari babungirije.

Perezida Weah yahagaritse abayobozi Amerika irega ruswa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .