00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Guverinoma yatanze pasika, ikuraho umuganda rusange wa Werurwe

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 24 March 2024 saa 01:45
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko nta muganda rusange uzaba mu mpera za Werurwe 2024 kubera imyiteguro y’umunsi mukuru wa Pasika.

Abakirisitu Gatolika n’abandi bemera Krisitu bazizihiza Pasika tariki 31 Werurwe 2024. Iminsi itatu ibanziriza Pasika, ni ukuvuga kuva kuwa Kane kugeza ku wa Gatandatu muri Kiliziya Gatolika ifatwa nk’iminsi mitagatifu.

Itangazo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasohoye kuri uyu wa 24 Werurwe 2024, rigaragaza ko ku wa Gatandatu tariki 30 Werurwe nta muganda rusange uzabaho kubera ibikorwa byo kwitegura Pasika.

Rigira riti “Abaturage barasabwa gukomeza ibikorwa byo gukora isuku mu ngo zabo, bazirikana gusibura inzira z’amazi no gusiba ibinogo birekamo amazi mu ngo no mu nkengero zazo.”

Itegeko rigenga umuganda mu Rwanda rigaragaza ko utashyiriweho gusa ibikorwa by’iterambere n’ubukungu, ahubwo wanashyiriweho kunga Abanyarwanda no kubabibamo umubano mwiza w’ubworoherane n’amahoro.

Kuri uwo munsi w’umuganda abaturage n’abayobozi bahurira hamwe mu gikorwa cyateguwe kigamije kuzamura imibereho n’iterambere ry’ubukungu nko kubaka ibyumba by’amashuri, amavuriro, gukora imihanda, kubakira abatishoboye, kubaka ibiraro n’ibindi.

Bikorwa n’imbaragara z’abaturage n’ubuyobozi, ibidasaba imbaraga Leta ikabitanga nyuma, bigahabwa agaciro mu mafaranga.

Umuganda wa Werurwe wakuweho kugira ngo abakristu babashe kwizihiza Pasika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .