Itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko “Tariki 18 Ukwakira 2021, inzego z’umutekano z’u Rwanda zakurikiranye abatwara magendu bari bambutse umupaka ugabanya u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Kagali ka Hehu, Umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu.”
Rikomeze rigira riti “Inzego z’umutekano z’u Rwanda zaribeshye zambuka metero nke zigana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikurikiye abatwaye magendu bari bahetse imitwaro itaramenyekanye ndetse bishoboka ko bari bitwaje intwaro.”
RDF yijeje ko isanganywe umubano mwiza n’igisirikare cya RDC (FARDC) kandi bakomeje gufatanya ku bibazo bijyanye n’umutekano w’ibihugu byombi.
Statement on cross-border incident in Rubavu District on 18 October 2021 https://t.co/rZxwrbJZMM pic.twitter.com/8p0jzWBFob
— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) October 19, 2021
Kuri uyu wa Mbere, Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yanyomoje amakuru yari yiriwe mu itangazamakuru rya Congo, yavugaga ko habayeho imirwano hagati y’impande zombi.
Yavuze ko icyabaye ari uko ingabo z’u Rwanda zakurikiye abacuruzi ba magendu bari bahungiye muri RDC, umwe mu basirikare akarenga umupaka muri metero nkeya akurikiye abo bacuruzi bari bafite imizigo bitazwi ikiyirimo.
Ku rundi ruhande ngo ingabo za FARDC zamutaye muri yombi ku bw’ikosa ryo kurenga umupaka, ahantu hatari ibimenyetso bigaragara.
Ati “Abazi aho hantu basobanukiwe neza ko bigoye gutahura umupaka hatabayeho gushishoza. Nta mirwano yabayeho. Abanyarwanda bari ku butaka bwabo, Abanye-Congo na bo bari muri Congo.”
Ambasaderi Karega yashimangiye ko ibihugu byombi nta kibazo bifitanye, nta makimbirane ashingiye ku mipaka ahari ahubwo ko icyabayeho ari ukutumvikana kubera ikosa ryo kutamenya aho imirongo itandukanya ibihugu byombi iherereye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!