00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sosiyete sivile yahishuye ko yasanze Anthony Blinken agifite ishusho y’u Rwanda rwa kera

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 August 2022 saa 08:52
Yasuwe :

Sosiyete sivile mu Rwanda yatangaje ko kimwe n’abandi banyamahanga benshi batandukanye, mu biganiro yagiranye n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Anthony Blinken hari aho yasanze nawe agifite imyumvire n’ishusho by’u Rwanda rwa kera.

Mu Cyumweru gishize nibwo Anthony Blinken yagiye uruzinduko mu Rwanda agirana ibiganiro n’abayobozi barwo byagarutse ku butwerererane bw’ibihugu byombi, ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’itabwa muri yombi rya Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba.

Mbere yo gusoza uruzinduko rwe, uyu mugabo yabonanye n’abahagarariye imiryango ya sosiyete sivili mu Rwanda, bagirana ibiganiro byabereye muri Ambasade ya Amerika i Kigali.

Mu kiganiro Ijwi rya Amerika ryagiranye n’Umuyobozi wa Sosiyete Sivile, Joseph Ryarasa Nkurunzinza wari uri no muri ibyo biganiro, yavuze ko Blinken yifuje guhura nabo kuko yashakaga kumenya imikorere yabo.

Ati “Yifuje kumenya uko sosiyete sivile mu Rwanda dukora, niba dukora uko bikwiye niba nta bibazo duhura nabyo nk’uko ubizi mu bijyanye n’iterambere mu bihugu byinshi bya Afurika sosiyete sivile zihura n’ingorane[...] ikindi yifuzaga kumenya uko tubona ibibera muri aka karere.”

Yakomeje avuga ko mu biganiro bagiranye na Blinken bamweretse urugendo rw’aho u Rwanda ruva kuko basanze hari aho afite ishusho ya kera y’u Rwanda ndetse n’amakuru atariyo mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu.

Ati “Twamweretse aho igihugu cyavuye n’inzira cyanyuzemo n’aho kigeze uno munsi, tumubwira ko kugira ngo tugere ku rwego tugezeho ari urugendo ariko usaga baba bafite ishusho y’u Rwanda ya kera ariko twagerageje kumwereka aho tugeze n’uko dukora tumusobanurira ko uko avuga uburenganzira bwa muntu atariko bimeze mu gihugu nubwo hakiri byinshi bikenewe gukorwa.Twamubwiye ko hari byinshi bimaze gukorwa hari n’ibindi bigikenewe gukorwa.”

Muri uru ruzinduko Anthony Blinken aheruka kugirira mu Rwanda yanenzwe ibintu byinshi bitandukanye birimo kudakoresha imvugo iboneye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse no kudaha umwanya abagizweho ingaruka n’ibitero bya MRC-FLN ya Rusesabagina.

Anthony Blinken yagiranye ibiganiro na bamwe mu bahagarariye Sosiyete sivile mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .