00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gukora bibuka iwabo - Amafoto

Yanditswe na

Meilleur Murindabigwi

Kuya 21 September 2014 saa 06:30
Yasuwe :

Atlanta muri Leta ya Georgia kuri uyu wa Gatandatu hizihijwe Rwanda Day mu bikorwa bitandukanye; Abanyarwanda n’inshuti zarwo baboneraho kuganira na Perezida Kagame wabahaye impanuro, by’umwihariko akaba yasabye ababa mu mahanga gukora bibuka iwabo. Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye yagize ati “Mwese ababa hano muri iki gihugu cy’ Amerika mujye mwibuka ko muri hano nk’abaje guhaha ubumenyi twashingiraho dukora ibyo ari byo byose byubaka ubuzima bwacu, ari nabyo byubaka igihugu cyacu.” (...)

Atlanta muri Leta ya Georgia kuri uyu wa Gatandatu hizihijwe Rwanda Day mu bikorwa bitandukanye; Abanyarwanda n’inshuti zarwo baboneraho kuganira na Perezida Kagame wabahaye impanuro, by’umwihariko akaba yasabye ababa mu mahanga gukora bibuka iwabo.

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye yagize ati “Mwese ababa hano muri iki gihugu cy’ Amerika mujye mwibuka ko muri hano nk’abaje guhaha ubumenyi twashingiraho dukora ibyo ari byo byose byubaka ubuzima bwacu, ari nabyo byubaka igihugu cyacu.”

Perezida Kagame yashimiye abamutumiye kwitabira Rwanda Day, yibutsa ko Umujyi wa Atlanta ufite inshuti nyinshi z’u Rwanda, kandi ukaba unafitanye amateka na rwo, dore ko hari bamwe muri izo nshuti bafatanya mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere ry’igihugu.

Umukuru w’Igihugu yibukije ko Rwanda Day ifite umumaro mu buryo butandukanye, ndetse ko buri muntu afite igisobanuro cyihariye yaha ijambo “Agaciro”, by’umwihariko kuri we akaba asanga agaciro ari uburyo bwo kwigira kandi bikagerwaho buri wese abigizemo uruhare, agafatanya na mugenzi we.

Perezida Kagame yongeye kwibutsa ibyavuzwe ubwo mu Rwanda hibukwaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ari byo ubumwe, gukorera mu mucyo no kureba kure, ibi akaba ari byo bitanga imbaraga zo guhangana n’ibibazo bitandukanye birimo iby’uburezi, iterambere, ibura ry’akazi n’ibindi.

Yashimangiye ko amasomo u Rwanda rwakuye mu bibazo rwahuye na byo hari ahandi yatangwa akagira akamaro, ndetse ko n’amajyambere amaze kugerwaho ari umusingi wo gushyigikira umutekano w’abaturage n’ubudahangarwa bwa politiki mu Rwanda, muri Afurika ndetse no ku Isi hose; ngo ibi nabyo nibigerwaho bizagirira akamaro Abanyarwanda n’abandi.

Ati “U Rwanda ni igihugu gito ariko uburyo twakemuyemo ibibazo nta handi bitakora”.

Yibukije ko politiki ikorwa mu Rwanda ubu ari politiki yo kubaka, kandi ko umuyobozi mwiza atari ureba inyungu ze bwite. Ati “Politiki ikora mu gihugu cyacu ni politiki yo kubaka ntabwo ari politiki yo gusenya, iyo abantu bashyira hamwe baba bubaka, iyo abantu bajya impaka baba bagira ngo buzuzanye.”

Uhinga mu we ntabwo asigana

Kuba abantu batagomba gusiganira igihugu nabyo byagarutsweho aho Perezida Kagame yavuze ko nta gasigane kagomba kubamo. Yagize ati “Uhinga mu murima we ntabwo asigana, ibyo dukora rero turahinga mu wacu, ntabwo twasigana hagati yacu cyangwa se hagati yacu n’inshuti zacu, ntabwo twasigana buri wese agomba kugira uruhare rwe n’umusanzu we aho yaba ari hose.”

Inshuti y’u Rwanda Andrew Young wigeze kuba Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika muri Loni ndetse akaba yaranayoboye Umujyi wa Atlanta, yagaragaje urukundo afitiye u Rwanda yemeza ko mu masaziro ye yumva atabaye muri Amerika yakwiturira mu Rwanda.

Iyi Rwanda Day yari yitabiriwe n’umubare munini w’inshuti z’u Rwanda, dore ko zanagize uruhare runini mu itegurwa ryayo; uretse ihuriro ry’Abanyarwanda na Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, inshuti z’u Rwanda zibumbiye mu cyitwa “Operation Hope” zikorera Atlanta zagize uruhare rufatika muri iki gikorwa, kandi Ambasaderi Mathilde Mukantabana yabibashimiye.

Nk’uko bisanzwe bigenda muri Rwanda Day, abayitabiriye bahawe rugari babaza ibibazo bitandukanye ndetse bungurana ibitekerezo na Perezida Kagame, ahanini byibanze ku bukungu n’iterambere by’u Rwanda.

Iyi nshuro ya gatandatu ya Rwanda Day yitabiriwe n’Abanyarwanda ndetse n’inshuti z’u Rwanda barenga ibihumbi bibiri, barimo abaturutse mu bice bitandukanye bya Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika, Canada, u Burayi, ba rwiyemezamirimo baturutse mu Rwanda barenga 250, ndetse n’abaturutse ahandi.

Uyu munsi kandi waranzwe n’ibindi bikorwa bitandukanye birimo imurikabikorwa ry’ibigo by’ubucuruzi, ihuriro hagati y’abashaka akazi n’abagatanga, ibiganiro birimo ibyatanzwe n’urubyiruko ku mahirwe rufite yo kuba rwagira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda, ndetse n’ikiganiro cyibanze ku gaciro ku rwego mpuzamahanga.

Mu rwego rwo kwishimira ibyagezweho mu myaka 20 ishize u Rwanda ruvuye mu icuraburindi rukiteza imbere, hateguwe igikorwa cy’umuganura ndetse n’igitaramo mu rwego rw’ubusabane.

Abahanzi barimo Meddy, The Ben, K8, Emmy na Alpha Rwirangira, bose baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, n’abaturutse mu Rwanda barimo Intore Massamba, Teta, King James, Jules Sentore na Sophie Nzayisenga, bataramiye abitabiriye Rwanda Day biratinda.

Yagaragaje ko bari i mahanga bashaka amahaho n'ubwenge ariko ko badakwiriye kwibagirwa iwabo
Abanyarwanda n'inshuti zabo bishimiye kubona Perezida Kagame
Inzu yabereyemo Rwanda Day yari yakubise yuzuye
Jeannette Kagame, Madame wa Perezida w'u Rwanda yari mu birori bya Rwanda Day
Ange Kagame (uwicaye iburyo) ari kumwe n'inshuti ye nabo bitabiriye Rwanda Day
Inshuti ikomeye y'u Rwanda, Amb. Andrew Young yumva amasaziro ye yabera mu Rwanda
Perezida Kagame (Iburyo) aganira na Ambasaderi Young
Amagana y'Abanyarwanda n'inshuti zabo bateze amatwi impanuro z'Umukuru w'Igihugu
Minisitiri Louise Mushikiwabo yashimiye Abanyarwanda n'inshuti zabo bavuye imihanda yose bakitabira Rwanda Day
Pierre Celestin Rwigema wigeze kuba Minisitiri w'Intebe yashimiye Perezida Kagame uko yamwakiriye ubwo yatahukaga avuye mu buhunzi
Andrew Mwenda, Umuyobozi wa The Independent yayoboye ibiganiro
Theo Gakire, Umuyobozi wa Select Kalaos nawe yabajije ikibazo kijyanye n'icyakorwa ngo imirimo bakora igende neza
Bahawe umwanya uhagije babaza ibibazo, abandi batanga ibitekerezo ku iterambere ry'u Rwanda
Aba bakobwa bavuze umuvugo ugaragaza agaciro u Rwanda rwihaye, ushimisha abitabiriye Rwanda Day
Umubyeyi ukuze aramutsa Perezida Kagame n'urugwiro rwinshi
Madamu wa Perezida Kagame yishimiye umwana amwakirana urugwiro
Ambasaderi Mukantabana yifatanije mu gukata umutsima hizihizwa umuganura
Basangiye umutsima n'amata nk'ikimenyetso cy'umuganura
Abana bahawe kuramutsa Perezida Kagame ibyishimo birabarenga
Perezida Kagame yataramanye n'abana baramwishimira
Umwana witwa Musinga Bayingana yasabye kuramutsa Perezida Kagame, amwemerera no kwifotoza
Rwanda Day yitabiriwe ku buryo budasanzwe, n'iyonka ntiyahatanzwe!
Uwambaye imyenda y'umukara ni umwe mu bayobozi ba Job in Rwanda, yateguye Job Fair
King James mu ndirimbo ze zituje yashimishije benshi
Umuhanzi Teta Diana yashimishije abitabiriye Rwanda Day mu ndirimbo za gakondo

Mushobora gukanda hano mukareba andi mafoto.

Video y’ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abitabiriye Rwanda Day...

Foto: Village Urugwiro & Meilleur
Meilleur Murindabigwi/ Atlanta, Georgia


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .