Byabereye mu karere k’amajyepfo ya Pologne kitwa Gliwice kari mu birometero 400 uvuye mu Murwa mukuru Varsovie aho Ambasade y’u Rwanda ifite icyicaro
Mu kiganiro IGIHE yagiranye na Amb. Prof Shyaka Anastase, yavuze ko uyu munsi waranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije gutsura umubano hagati y’Abanyarwanda n’abanya-Pologne.
Yagize ati “Uyu munsi wateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri Pologne, ifatanyije na Kaminuza y’ibya Tekiniki ya Silesia. Waranzwe n’ibiganiro bitandukanye, umuhango wo gutera igiti mu rwego rwo kwita ku bidukikije. Habaye kandi imyidagaduro ndangamuco ku bihugu byombi, Siporo yahuje urubyiruko rw’abanyarwanda biga cyangwa bakorera muri iki gihugu cya Pologne.”
Prof Shyaka yongeyeho ko hanabayeho umuhango wo gusinya amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kaminuza INES-Ruhengeri na Kaminuza Tekiniki ya Silesia.
Mu kiganiro yatanze, Ambasaderi Shyaka yerekanye mu buryo burambuye uko u Rwanda rwagiye rwubaka inzego z’ubuyobozi, ubwo buyobozi bukaba bwarahaye umurongo ngenderwaho abanyarwanda mu biganiro bigamije kubaka icyizere hagati y’abayobozi n’abayoborwa.
Yamuritse kandi ibikorwa byagiye bigerwaho haba mu gihugu cyangwa mu mahanga biciye mu miryango mpuzamahanga, atanga urugero ku nama ya CHOGM iherutse kubera i Kigali nk’ikimenyetso fatizo cy’icyizere u Rwanda rukomeje kugirirwa mu mahanga.
Prof Shyaka yavuze ko u Rwanda kuva rwava muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe n’ingabo za FPR Inkotanyi, rutarebereye gusa ibibazo bibera hanze kuko rwatoje ingabo z’igihugu kuba zajya gufasha aho zikenewe ku buryo kuri ubu u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere bifite ingabo nyinshi mu bikorwa byo kugarura amahoro bya Loni.
Ambasaderi Shyaka yerekanye ko u Rwanda ari igihugu kigendwa kandi gikorerwamo ubukerarugendo no gushorwamo imari. Herekanywe na filime mbarankuru igaragaza u Rwanda nk’ahantu ho gusura n’ibyiza abakerarugendo bahasanga.
Prof. Arkadiusz Mężyk uyobora Silesian University of Technology yagarutse ku masezerano basinye na INES Ruhengeri, agamije ubufatanye mu guteza imbere uburezi.
Yavuze ko ari amasezerano azungukira impande zombi. Ati “Ni umunsi wo guteza imbere ubufatanye bwa Silesian University of Technology na INES Ruhengeri mu bijyanye n’uburezi, nko gufatanya mu myigishirize y’abanyeshuri, ubushakashatsi bw’abari kwiga Phd, guhanahana abarimu no gufatanya mu bijyanye n’imenyerezamwuga.”
Yavuze ko icyiza cya Silesian University of Technology ari uko iherereye rwagati mu gace kahariwe inganda ka Katowice Special Economic Zone (KSSE), gaherereyemo inganda zikoresha ikoranabuhanga rigezweho.
Ati “Gakoreramo abasaga ibihumbi 90 bakora mu nganda zikoresha ikoranabuhanga rigezweho. Dufite porogaramu 16 zigishwa mu Cyongereza abanyeshuri b’abanyarwanda bashobora kwigamo. Ikaze rero muri Pologne by’umwihariko muri Kaminuza yacu.”
Padiri Dr Hagenimana Fabien uyobora Kaminuza ya INES-Ruhengeri, yabwiye IGIHE ko yishimiye cyane ibikorwa bya ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu, byatumye babasha kugirana umubano n’iyi kaminuza bizatuma impande zombi zunguka byinshi.
Yagize ati “Twese turakeneranye ariko by’umwihariko nka INES Ruhengeri ikeneye cyane kongera ubushobozi abarimu bayo bakabona impamyabumenyi z’ikirenga ndetse n’abazifite babone uko bakongera ubunararibonye bwabo mu bumenyi, ubushakashatsi no gukemura ibibazo by’abaturage.”
Yavuze ko ari amahirwe kuri bo kuko abarimu ba INES Ruhengeri bagiye gufashwa gukomeza amasomo yabo.
Ati “Tuzohereza abarimu bataragira PhD [impamyabumenyi y’ikirenga] baze kwiga mu masomo duhuje nk’ubwubatsi (Civil Engineering), Computer Science ndetse n’izindi porogaramu duteganya gufungura, bahabwe ubumenyi muri iyi kaminuza kuko irashoboye kandi irabishaka.”
Yavuze ko kandi indi nyungu irimo ari uko abanyeshuri basoza mu Kaminuza ayoboye mu mashami yigishwa muri Silesia University of Technology (SUT), bazajya boherezwa kuhakomereza icyiciro cya gatatu cya kaminuza.
Yakomeje agira ati “Ikindi nanone ni uko hari imishinga y’ubushakashatsi, n’indi mishinga itandukanye igomba gushyirwa mu bikorwa tuzakorana nayo [Silesia University of Technology] dushingiye kuri aya masezerano.”
Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko Rwanda Awareness Day yatekerejwe hagamijwe gushaka ubufatanye mu by’uburezi n’ubukungu.
Ati “Ni bwo buryo bwiza twabonye buganisha ku kubaka u Rwanda twifuza. U Rwanda twifuza ni urwo abanyamahanga bazi uko ruri, banagira n’inyota yo kurugana no gukorana n’Abanyarwanda.”
Ambasaderi Shyaka yakomeje agira ati “Twafatanyije na kaminuza ya Silesia ifite Abanyarwanda bagera kuri 20 biga ibintu bihambaye kandi abashoramari bo muri Pologne u Rwanda rufite bakomoka muri aka gace.”
Yakomeje agira ati “Kaminuza hano zifite ihuriro ry’abayobozi bazo zigera ku 100 riyobowe na Silesia University of Technology. Ibi bivuze ko gukorana na yo bitanga amahirwe yo gukorana n’izindi zo hirya no hino.Twifuje ko tuganira ku Rwanda, ishoramari, uburezi, ibijyanye n’ubukerarugendo, imiyoborere y’u Rwanda n’intambwe tumaze gutera kugira ngo tunatere inyota abo tubwira.”
Umuyobozi w’igice cya Katowice cyahariwe inganda, Dr Janusz Michalek, yavuze ko mu cyumweru gitaha bazagirana ibiganiro na Ambasaderi bareba ibikorwa bakora muri Afurika kandi u Rwanda barubonamo amahirwe menshi.
Ati “Abashoramari benshi bo muri Pologne barashaka gushora imari mu Rwanda, bakeneye kwaguka kandi babona u Rwanda nk’ahantu hatanga amahirwe y’ishoramari muri Afurika.”
Rwanda Awareness Day yitabiriwe n’abantu bagera kuri 300 baturutse mu nzego zitandukanye mu Mujyi wa Katowice barimo abanyeshuri ba kaminuza ya SUT, Abanyarwanda batuye muri Pologne, abashoramari n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abandi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!