00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Pologne bahuriye mu busabane bizihiza Umuganura (Amafoto & Video)

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 14 August 2022 saa 02:03
Yasuwe :

Abanyarwanda baba muri Pologne n’inshuti z’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu bahuriye mu gikorwa cyo kwizihiza Umuganura no kwishimira iminsi ishize u Rwanda rufunguye ambasade muri iki gihugu.

Ni umuhango wabereye mu rugo rwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, urangwa n’ibindi bikorwa by’ubusabane nk’umukino w’umupira w’amaguru, Basketball n’indi.

Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof Shyaka Anastase yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuba abanyarwanda baba muri icyo gihugu, bizihirije hamwe Umuganura.

Ati “Murabizi ambasade y’u Rwanda muri Pologne nta n’ubwo iramara umwaka. Mubyo tuganura nabyo birimo kuko ni politiki nziza y’igihugu yo kwagura amarembo. Twifuje rero ko Umuganura uduhuza n’abanyarwanda ubera mu rugo rwa ambasaderi kuko Umuganura ni umwimerere w’u Rwanda, ni nka gahuzamiryango.”

Ambasaderi Shyaka yakomeje avuga ko Umuganura ari isoko y’Ubumwe n’ishingiro yo kwigira, zimwe mu ndangagaciro z’ibanze z’Abanyarwanda.

Ati “Ni byiza ko tuhahurira n’abanyarwanda nabo bakayiyumvamo hanyuma n’ibiranga umuco wacu, indangagaciro zacu, cyane cyane indangagaciro yo gusabana iy’ubumwe yo gukomeza imihigo n’aha bakabihasogongerera.”

Yakomeje agira ati “Nashatse ko uyu munsi tuwumva nk’umunsi w’umusaruro, ariko tukumva Umuganura mu bice byawo bitatu birimo gusangira no gusabana, niyo mpanvu twazanye n’abaturanyi hano. Icya kabiri ni ukureba ibyo twejeje n’ibyo dusaruye no kubyishimira naho icya gatatu ni ukugira ibyo twiyemeza, ni ukuvuga imihigo.”

Shyaka yavuze ko niba ari uwiga muri Pologne akwiriye kuzirikana aho ageze, abacuruzi n’abakozi bikaba uko kugira ngo bafashe u Rwanda mu iterambere.

Ati “Twibaze buri umwe icyo akora niba agikora neza. Nk’ubu abacuruza batangiye kuzamura iby’iwacu, ejo bundi leta yagaragaje Pologne ko iri mu bihugu bigura ikawa y’u Rwanda cyane. Twifuje rero ko Umuganura twazajya tuwusanisha n’umusaruro wa nyawo kuri buri wese.”

Ambasaderi Shyaka yakomeje ashimira Leta y’u Rwanda yabonye ko ari ngombwa gufungura ambasade muri Pologne kuko yagize uruhare runini mu guhuriza hamwe Abanyarwanda.

Ati “Ubundi aho umunyarwanda ageze u Rwanda ruba ruhageze noneho ambasade byo ni bimwe bavuga ngo amata abyaye amavuta. Mumfashe dushimire ubuyobozi bw’Igihugu cyacu cyaduhaye ambasade muri Pologne.”

Yagaragaje ko kuva Ambasade yafungura imiryango, Abanyarwanda bakomeje gushora imari muri icyo gihugu ku bwinshi.

Ati “Turimo turabona abanyarwanda bari gushora imari bajya mu bucuruzi mpuzamahanga, ibintu byo mu Rwanda bakabizana aha ndetse n’ibyaha bakabijyana i Rwanda.”

Umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Pologne, Ngarambe Armand yavuze ko ntako bisa kwizihiza Umuganura bafite ambasade ibahagarariye muri icyo gihugu.

Ati “Ni iby’agaciro kwizihiza uyu munsi dufite ambasade yacu, mumfashe dushimire ubuyobozi bw’igihugu cyacu budahwema gushakira u Rwanda n’abanyarwanda icyabateze imbere no kubatuza umuco wo guharanira kwigira.”

Yakomeje agira ati “Ikindi twakwishimira ni uko abari kurangiza amasomo yabo bari gutaha mu Rwanda, ubumenyi twahashye ino tukabujyana gukorera igihugu cyacu. Mu rwego rwo kubungabunga umuco wacu, umuryango Nyarwanda wa hano kuri ubu ufite itorere ndangamuco.” Asaba Amb. Shyaka kuzariba hafi rigakomera.

Ngarambe yavuze ko uwo ari umusaruro wa gahunda y’itorero ry’igihugu batangiye kwigishirizwamo guhera mu myaka ibiri ishize.

Uyu muhango w’umuganura kandi waranzwe n’umukino w’umupira w’amaguru. Eric wari kapiteni w’ikipe y’umupira w’amaguru, yashimiye abatekereje guhuriza hamwe Abanyarwanda baba muri Pologne mu gikorwa cy’Umuganura.

Ati “Iki gikorwa gituma dusabana, tugasenyera umugozi umwe tukibukiranya indangagaciro z’u Rwanda kandi bikadufasha guhora mu murongo mwiza. Turashimira umubyeyi wacu Ambasaderi udufasha kuduhuriza hamwe tukamenyana, bikatworohereza kumenya ibibazo bya bagenzi bacu mu mibanire yacu hano, ubundi tugatera imbere muri rusange.”

Muri Pologne habarizwa abanyarwanda basaga igihumbi bari mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubucuruzi, imirimo itandukanye n’ibindi.

Muri uku kwishimira Umuganura habayeho gusangira, gasabana mu mbyino n’ibiganiro. Ni igikorwa kitabiriwe kandi n’inshuti z’u Rwanda zirimo Umurinzi w igihango Padiri Stanislas Urbaniak.

Kurikira iki gikorwa mu mashusho n’amafoto

Umuryango wa Prof Shyaka wishimiye kwakira Abanyarwanda muri ibi birori by'Umuganura
Uyu muhango witabiriwe n'inshuti z'u Rwanda zisanzwe muri Pologne
Ni umuhango wahurije hamwe Abanyarwanda n'inshuti zabo
Kwizihiza umuganura muri Pologne byaranzwe no gucinya akadiho mu mbyino nyarwanda
Inshuti z'u Rwanda zitabiriye Umuganura zanyuzwe n'ubumwe buranga Abanyarwanda
Ngarambe yijeje ko bazakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ubumenyi n'ibyo bahashye muri Pologne byifashishwe mu guteza imbere u Rwanda
Abanyarwanda baba muri Pologne basabwe gukomeza guteza imbere ibyo bakora
Kwizihiza Umuganura byabereye mu rugo rwa Ambasaderi w'u Rwanda muri Pologne
Urugo rwa Ambasaderi w'u Rwanda muri Pologne
Abanya-Pologne b'inshuti z'u Rwanda baje kwifatanya n'Abanyarwanda kwizihiza Umuganura
Abato nabo ntibari batanzwe kuri uyu munsi w'Umuganura
Umugore wa Ambasaderi Shyaka aganiriza abana mu muhango wo kwizihiza Umuganura
Kwizihiza Umuganura byaranzwe n'ubusabane
Bwami Arnaud aha inkuyo Amb. Shyaka nyuma yo kuvugira Inka
Ibi birori byaranzwe no kwidagadura
Umutoni Pascaline hamwe na Monika Mostowska
Ambasaderi Shyaka aganuza abana muri uyu muhango w'Umuganura
Monika Mostowska, Uyobora Amakuru Shop-Warsaw, itumiza igacuruza, ikamekanisha ikawa y’u Rwanda muri Pologne
Abanyarwanda babonye umwanya mwiza wo kuganira birambuye n'inshuti zabo zo muri Pologne
Prof Shyaka yavuze ko bishimishije kuba Abanyarwanda babashije kwizihiza Umuganura bafite ambasade ibahagarariye muri Pologne
Ambasaderi Shyaka n'umugore we bishimiye kwakira Abanyarwanda ku munsi w'Umuganura
Abari n'abategarugori bidagaduye bakina Basketball
Umuganura wabaye umwanya wo kungurana ibitekerezo ku bawitabiriye
Padiri Stanilas Ubarniak ukomoka muri Pologne usanzwe ari Umurinzi w'Igihango mu Rwanda (uwicaye) ni umwe mu bari bitabiriye
Hakinwe Football mu kwishimira umunsi w'Umuganura
Abana bahawe umwanya ukomeye muri iki gikorwa
Hakinwe imikino itandukanye irimo na Basketball
Umuganura muri Pologne, ni umuhango witabiriwe cyane kanshi ushimisha abawitabiriye
Polisi ya Varsovie yari irinze umutekano w’inzu Ambasaderi w’u Rwanda atuyemo Ubwo hizihizarwa Umunsi mukuru w’Umuganura
Ambasaderi Shyaka yasabye Abanyarwanda guhorana ubumwe bufite imizi ku Muganura
Bwami Arnaud avugira inka. Yiga mu cyiciro cya mbere muri Warsaw University of Business, ibijyanye n’ubuhahirane mpuzamahanga
Umutoni Pascaline wari umusangiza w’ijambo, ni umunyeshuri mu bijyanye n’Ububanyi n’Amahanga mu by’umutekano mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza
Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda basaga 200 bitabiriye uyu muhango
Byari ibyishimo ku Banyarwanda kwakirirwa mu rugo rwa Ambasaderi i Varsovie ku munsi w'umuganura
Umutoni Pascaline wari umusangiza w’ijambo
Urubyiruko rwishimiye gukomeza kunga Ubumwe nk'Abanyarwanda
Akanyamuneza ku maso y'abitabiriye Umuganura muri Pologne
Ambasaderi Shyaka asabana n'abitabiriye ibirori by'Umuganura
Prof Shyaka n'umugore we bakurikiye ibirori by'Umuganura
Kwizihiza Umuganura ni igikorwa gifite amateka akomeye mu mibereho y'Abanyarwanda
Mu kwishimira Umuganura, abato ntibibagiranye
Urubyiruko rugize umubare munini w'Abanyarwanda baba muri Pologne
Ubwo Ambasaderi Shyaka n’umugore we baganuzaga abana babaha amata
Ibirori byabaye byiza bacinya akadiho
Umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Pologne, Ngarambe Armand yashimye ubufasha ambasade idahwema kubagezaho
Ambasaderi Shyaka aganira n'Umunyamakuru Karirima A. Ngarambe
Prof Shyaka yakira bamwe mu bashyitsi baje kwifatanya n'Abanyarwanda kwizihiza Umuganura
Uyu muhango waranzwe no gusangira ku Banyarwanda baba muri Pologne
Ni ibirori byari binogeye ijisho
Abanyarwandakazi baserutse mu mwambaro wa kinyarwanda
Prof Shyaka yashimiye abasore bari bamaze guconga ruhago
Bamwe mu Bihayimana baje kwifatanya n'abanyarwanda bo muri Pologne kwizihiza Umuganura
Ambasaderi Shyaka mu kiganiro na IGIHE
Abanyarwanda bishimiye ko ku nshuro ya mbere babashije kwizihiza Umuganura bafite ambasade muri Pologne
Prof Shyaka aganira na bamwe mu bitabiriye ibirori by'Umuganura
Ikipe y’abahungu ubwo yari isoje imikino, yafashe ifoto y’urw’ibutso na Amb. Shyaka
Claver Numviyimana ni Umushakashatsi w’Umunyarwanda wiga muri Kaminuza y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga ya Wroclaw (Wroclaw University of Science and Technology), muri gahunda y’ubushakashatsi n’iterambere rya Maria Skodowska-Curie y’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi
Igihe cy’imikino y’intoki, aha bari bari mu kiruhuko gito
Padiri Stanilas Ubarniak (ibumoso) akurikiranye ibirori by'Umuganura
Ukinjira mu marembo y’inzu y’ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .