Confy yabwiye IGIHE ko amaze iminsi yivuriza hanze mu bihugu bituranye n’u Rwanda birimo Tanzania, Kenya n’ahandi ariko aho gukira agakomeza kuremba.
Ati “Maze iminsi nivuriza hanze, mu bihugu bituranye n’u Rwanda kuko byafashe indi ntera ariko nta gihinduka ahubwo nkomeza kuremba mu buryo bukomeye. Sinzi uko bizagenda kugeza uyu munsi.’’
Yavuze ko yarangiwe imiti itandukanye irimo n’iya kinyarwanda nayo ntigire icyo imufasha.
Yakomeje avuga ko abafana be bakwiriye kwihangana mu gihe bamaze batamubona kuko ari ukubera iyo mpamvu.
Uyu musore amaze amezi abiri ashyize hanze indirimbo ]ariko avuga ko yananiwe kujya mu itangazamakuru kuko yahise aremba ku buryo yabangamirwaga no kujya ku karubanda.
Ati “Mperuka gushyira hanze indirimbo ariko byambanye ikibazo kuyamamaza kuko nahise ndemba.’’
Yanavuze ari gutekereza gushyira hanze album yaba ariko afite impungenge, z’uko abantu adashobora kugaragara mu mashusho y’indirimbo ziriho.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!