00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

IHS Rwanda yaguze imodoka 11 zikoresha amashanyarazi

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 5 June 2021 saa 10:31
Yasuwe :

Ikigo IHS Rwanda gikora ibijyanye n’iminara cyaguze imodoka 11 za PHEV Mitsubishi, zikoresha umuriro w’amashanyarazi zivuye mu kigo GreenLeaf Autofast Rwanda Ltd, gicuruza imodoka za Mitsubishi zikomoka mu Buyapani.

Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cya IHS Rwanda i Remera kuri uyu wa 4 Kanama 2021 kikaba cyitabiriwe n’abantu bo mu nzego zitandukanye barimo na Mbasaderi w’u Buyapani mu Rwanda.

Iki gikorwa kandi cyahuriranye no gutangiza ku mugaragaro, Station z’imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi izaba iherereye ku cyicaro cya IHS.

Umuyobozi wa GreenLeaf Autofast Rwanda, Judith Muhongerwa, yashimiye IHS Rwanda ku bwo kugura izi modoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi kuko bijyanye na gahunda ya leta yo kurengera ibidukikije hirindwa gukoresha imodoka zohereza imyuka ihumanye mu kirere.

Yagize ati “Dufite icyizere kandi dutewe ishema cyane n’uko u Rwanda ruri imbere mu kwimakaza ibikorwa birengera ibidukikije, binyuze mu gukoresha ikoranabuhanga rigezweho muri Afurika. Nka GreenLeaf Autofast Rwanda twishimiye kuba bamwe mu bateza imbere iri koranabuhanga rirengera ibidukikije.”

Muhongerwa yavuze ko Ikigo ayoboye ndetse n’uruganda rwa Mitsubishi bazakomeza kugendera mu murongo w’u Rwanda wo kurengera ibidukikije.

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Imai Masahiro, yavuze ko gukoresha imodoka z’amashanyarazi ari iby’ingenzi, kuko hagendewe ku mihindagurikire y’ikirere cy’u Rwanda ndetse n’icyerekezo rufite cya 2050, imodoka z’ubu bwoko zizagenda ziyongera ndetse bikanafasha mu kurengera ibidukikije no kubungabunga umwuka “duhumeka.”

Yakomeje agira ati “Umubano mwiza usanzwe hagati y’u Buyapani n’u Rwanda, wavuyemo imbuto nziza kuko wemereye sosiyete nyinshi zo mu Buyapani kuza gukorera mu Rwanda, ndetse n’indi mishinga myinshi ibihugu byombi bifitanye, harimo n’uwo gushyira satellite y’u Rwanda mu kirere.”

Ambasaderi Imai Masahiro yakomeje avuga ko imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi zihendutse kurusha izikoresha ibikomoka kuri peteroli kandi zikanarangera ibidukikije kuko zitoherereza imyuka ihumanya mu kirere.

IHS yahawe na ‘chargeurs’ z’izi modoka zishyiramo umuriro mu minota iri hagati ya 15 na 25 ndetse umuriro ugiyemo ukaba wafasha imodoka kugenda ibirometero hagati ya 60 na 80. Gusa hari izindi zo mu rugo ushobora kuzirazaho cyangwa ukayicomeka mu gihe utari kuyikoresha kuko zo zishyiramo umuriro mu masaha atatu.

U Rwanda rurakataje mu gukoresha imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi ndetse muri Werurwe 2021 Uruganda rwa Volkswagen rufite imodoka 20 zikoresha umuriro w’amashanyarazi, rwamuritse Station ya kabiri yongera umuriro mu modoka.

Imodoka za PHEV Mitsubishi zikoresha umuriro w'amashanyarazi zaguzwe n'ikigo cya IHS
Imodoka zikoresha umuriro w'amashanyarazi ngo zizagenda ziyongera ndetse bikanafasha mu kurengera ibidukikije
Ambasaderi w'u Rwanda mu Bushinwa yavuze ko u Buyapani buzakomeza gukorana n'u Rwanda mu mishinga inyuranye irimo n'iyo kurengera ibidukikije
Umuyobozi wa GreenLeaf Autofast Rwanda, Judith Muhongerwa,yavuze ko izi modoka zikoresha amashanyarazi zizatanga umusanzu ukomeye mu kurengera ibidukikije
IHS yanahawe chargeurs zazo zifite ubushobozi bwo kuzuza izi modoka mu minota 15 kandi zikagenda ibirometero hagati ya 60 na 80
Ifoto y'urwibutso yafashwe n'abayobozi batandukanye bari bitabiriye iki gikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .