00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasifuzikazi b’umukino wa Judo bari guhugurwa

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 23 April 2021 saa 11:45
Yasuwe :

Abasifuzikazi batanu b’umukino wa Judo mu Rwanda, bitabiriye amahugurwa y’iminsi itanu yateguwe ku bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda, Minisiteri ya Siporo n’Umuryango ‘CONFEJES’ w’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa, agamije kubongerera ubumenyi muri uyu mukino.

Aya mahugurwa ari kubera kuri Stade Amahoro guhera ku wa Kane tariki ya 22 Mata 2021, ari gutangwa n’impuguke ebyiri; Ntaconayigize Vianney ufite umukandara w’umukara dan ya mbere ndetse na Rugambwa Alain ufite umukandara w’umukara dan ya kabiri.

Habyarimana Florent wari uhagarariye Minisiteri ya Siporo mu itangizwa ry’aya mahugurwa, yabwiye abagore bayitabiriye ko bashoboye ndetse bagomba kuzakoresha neza ubumenyi bazayakuramo mu gufasha bagenzi babo.

Ati “Abagore murashoboye, byagaragaye no mu bindi byiciro mu gihugu, no muri siporo nibyo bikenewe kandi bizagerwaho.”

Yakomeje agira ati “Aya ni amahugurwa agamije kubafasha kugira ngo namwe muzafashe abandi muri uyu mukino wa Judo. Turagira ngo uyu mukino uzamuke, ugire abagore benshi bawukora, bazangane n’abagabo. Ubu na Minisiteri ya Siporo iri guha imbaraga abagore muri siporo nubwo bikigoranye, ariko bizakunda.”

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Judo, Rugambwa Alain, uri no mu bari gutanga amahugurwa, yavuze ko ufite aho uhuriye no gutegana bisanzwe mu muco Nyarwanda.

Yavuze ko kandi ubwitabire bwawo ku bagore bukiri hasi, ariko bishimishije kubona harabawitabira kandi ukiri mushya.

Ati “Turebye ubwitabire bw’abagore buracyari hasi cyane, ariko twabashimira cyane kuko ni umukino mushya batazi ugerarenyije n’indi mikino njyarugamba, ariko ugereranyije n’uko bawiga n’uburyo bawitabira, ejo hazaza ni heza.”

Uwayo Clarisse uri mu bari guhugurwa, yavuze ko ari umukino mwiza ubafasha kwirwanaho nk’abagore basanzwe bazwiho kugira intege nkeya.

Ati “Ni umukino wo kwirwanaho mu gihe bibaye ngombwa, ndumva nta kibazo kuvuga ko nsanzwe ndi umukobwa kuko uwo ari we wese afite uburenganzira bwo kuwukina.”

“Gukina uyu mukino ntibyatuma utakaza ubusugi kuko hari benshi batubanjirije kandi hari n’ababutakaza batakinnye uyu mukino. Ntabwo ari ko bimeze, uyu mukino utwigisha kugira ikinyabupfura no kumenya gukoresha neza imbaraga zacu, ntaho bihuriye no guta umuco.”

Aya mahugurwa azamara iminsi itanu, ari mu byiciro bibiri birimo guhugurwa ku rwego rw’igihugu no kugirana ibiganiro n’abashinzwe siporo muri CONFEJES hagati ya tariki ya 28 n’iya Mata 2021.

Abasifuzikazi batanu bayitabiriye ni Uwayo Clarisse, Mukashema Eline, Mugorewase Elysée Fabrice, Gikundiro Françoise na Ingabire Gemma.

Abasifuzikazi batanu b'umukino wa Judo mu mahugurwa ari kubera kuri Stade Amahoro
Ntaconayigize Vianney na Rugambwa Alain ni bo bari guhugura aba basifuzikazi
Perezida w'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino wa Judo, Bishyika Christian, yitabiriye itangizwa ry'aya mahugurwa
Habyarimana Florent ushizwe amashyirahamwe y'imikino muri Minisiteri ya Siporo, yasabye aba basifuzikazi kuzakoresha neza ubumenyi bazungukira muri aya mahugurwa
Habyarimana Florent asobanura intego y'aya mahugurwa n'uburyo azakorwamo
Aya mahugurwa azamara iminsi itanu, yateguwe kubufatanye bwa Minisiteri ya Siporo n'umuryango CONFEJES
Abasifuzikazi bitabiriye amahugurwa bifotozanya n'impuguke ziri kubafasha

Amafoto: Niyonzima Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .