00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byiringiro Christian ‘Tonton’ w’imyaka 15 yoze Muhazi yanikira abarimo Mukuru we

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 17 March 2024 saa 12:00
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’umukino wo Koga mu Rwanda (RSF) ryatangije Shampiyona y’u Rwanda yo koga mu mazi magari yabereye mu Kiyaga cya Muhazi, Byiringiro Christian ’Tonton’, ahiga abandi barimo na mukuru we bavukana.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 16 Werurwe 2024, ibera kuri Muhazi mu Karere ka Rwamagana ahakiniwe bwa mbere iyo mikino imbere y’ubuyobozi bw’Intara, Akarere ndetse n’ubwa Minisiteri ya Siporo.

Abakinnyi bose bogaga mu buryo bwa ‘Freestyle’ bukoreshwa muri aya mazi azwi nka ‘Open Water’ bahera kuri metero 5000 bikinamo abenshi bo mu Ikipe y’Igihugu.

Ni icyiciro cyegukanywe na Iradukunda Eric wa Cercle Sportif de Karongi wakurikiwe na mugenzi we Dusabe Claude bari gufatanya gukina iki cyiciro ngo bazitabire imikino izabera mu Gabon.

Nyuma y’aba hakurikiyeho abo muri metero 3000 barushijwe na Byiringiro Christian ’Tonton’ wakoresheje iminota 40 n’amasegonda 19 akarusha Bukombe Christian iminota itanu.

Uyu mukinnyi w’imyaka 15 yabanje kwifuza guhatana n’abarimo mukuru we Iradukunda Eric muri metero 5000 ariko baramwangira kuko amategeko atabyemera.

Nta kabuza bongeye guhurira muri metero 1500 ndetse Byiringiro arabasiga akoresha iminota 29 n’amasegonda 38 arusha mukuru we Iradukunda wamukurikiye iminota ibiri.

Byiringiro yavuze ko yifuza kugera ikirenge mu cya bakuru be ndetse agakora kubarenza. Ati “Nishimye cyane ariko nifuza kuzakomeza gutsinda nkahagararira n’igihugu. Imyitozo yanjye iba kenshi mbere yo kujya kwiga guhera saa Kumi n’ebyiri.”

Iradukunda w’imyaka 21 yahise avuga ko babonye byinshi byo gukora kuko murumuna we amweretse ko hakiri akazi kenshi ndetse mu nta uzongera kumureba namurusha cyane.

Ati “Twishimye ariko bigeze aho tujya kwinjira amazi tukamenya ko aza kudusiga. Ubu imbaraga zose zigiye gushyirwa kuri we, twe ntawuzongera kutureba.”

Nyuma y’iri siganwa ryabaye hazakurikiraho irizabera mu Karere ka Rubavu ahasanzwe habera iyi mikino inshuro nyinshi.

Byiringiro yanikiriye abarimo na mukuru we muri metero 1500
Abakinnyi bari munsi barushanyijwe muri metero 800 bitegura kujya mu mazi
Imikino yabereye mu Kiyaga cya Muhazi
Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko iyi mikino igomba kuba ngarukamwaka
Perezida wa RSF, Rugabira Girimbabazi Pamela, yagaragaje ko hakwiye impinduka mu mukino wo koga ukitabirwa na benshi
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, yavuze ko abana bagaragaje impano bazafashwa
Byiringiro Christian ‘Tonton’ w’imyaka 15 yoze Muhazi yanikira abarimo Mukuru we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .