Uyu ni umuhango wa kera wakorwaga (intambara zigahagarara) mbere y’iminsi irindwi ngo iyi mikino ibe ndetse n’indi irindwi nyuma, kugira ngo abakinnyi n’irushanwa muri rusange bigende neza mu mutekano usesuye.
Mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru ryo muri Ukraine, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yavuze ko azasaba ko uyu muhango n’uyu mwaka wazakurikizwa.
Yagize ati “ Bizasabwa,”
Abajijwe ku cyo atekereza ku kuba abakinnyi bo mu Burusiya na Belarus bazakina ku giti cyabo (nta gihugu bahagarariye), Macron yasubije ko igihugu cyakira iyi mikino gisabwa gukurikiza icyo komite iyitegura yagennye.
Komite Olempike Mpuzamahanga iherutse gukomorera abakinnyi baturuka mu Burusiya na Belarus batsindiye itike yo kwitabira iyi mikino na kuzakina ku giti cyo.
Bimwe mu byasabwe kugira ngo bemerewe gukina iyi mikino harimo kwitabira nta mabendera y’ibihugu, nta birango byabyo ndetse n’indirimbo zibyuhahiriza.
Abakinnyi bakomoka muri ibi bihugu byombi bahagaritswe nyuma y’uko u Burusiya buteye Ukraine muri Gashyantare 2022.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!