00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Riderman na Nirere Shanel mu bagize Akanama Nkemurampaka ka ArtRwanda- Ubuhanzi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 August 2022 saa 10:42
Yasuwe :

Nyuma y’igihe hatangiye urugendo rwo gushaka abanyempano bahiga abandi muri Art Rwanda- Ubuhanzi ku rwego rw’Akarere, kuri ubu iri rushanwa ryakomeje hashakishwa abahiga abandi ku rwego rw’Intara.

Ku ikubitiro muri iki cyiciro, iri rushanwa ryatangiriye mu Burasirazuba, aho kuva ku wa 16 kugeza ku wa 18 Kanama 2022, hazashakishwa abanyempano bahiga abandi muri iyi ntara. Biri kubera muri Midland Hotel mu Karere ka Kayonza.

Kuri uyu wa Kabiri, abarushanwa baratangira kugera imbere y’Akanama Nkemurampaka berekana impano zabo mu ngeri zitandukanye.

Mu bakagize harimo Gatsinzi Emery uzwi mu muziki nka Riderman; Umuhanzikazi Nirere Shanel; Umusizi Malaika Uwamahoro, Umunyabugeni Bushayija Pascal, Umunyamideli Laurene Rwema, Umuhanga mu bya Sinema Mazimpaka Kennedy n’Umuhanzi Mani Martin.

Aba ni bo bari buhitemo abanyempano bazakomeza mu cyiciro cya nyuma bahagarariye Intara y’Iburasirazuba.

Urebye akanama Nkemurampaka kinjijwemo amasura mashya muri Art Rwanda- Ubuhanzi iri kuba ku nshuro ya kabiri. Mazimpaka Kennedy ni we wagarutsemo mu bifashishijwe ubwo iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya mbere.

Batoranyijwe kubera ubumenyi n’uburambe bafite mu ngeri z’inganda ndangamuco zitandukanye babarizwamo.

Abanyempano bagiye guhatana ni abaturuka mu Turere twa Gatsibo, Nyagatare, Kayonza, Ngoma, Kirehe, Bugesera na Rwamagana.

Art Rwanda-Ubuhanzi ni umushinga ugamije gushakisha no gushyigikira urubyiruko rufite impano mu rwego rwo guhanga imirimo ishingiye ku buhanzi.

Ni irushanwa rizenguruka igihugu cyose hashakishwa abanyempano bo mu byiciro bitandatu birimo Ubugeni, Indirimbo n’Imbyino, Imideli, Ikinamico n’Urwenya, Filimi no Gufata Amafoto, Ubusizi n’Ubuvanganzo.

Ku rwego rw’uturere muri Art Rwanda- Ubuhanzi hiyandikishije urubyiruko 3402, muri rwo abakomeje ku rwego rw’Intara ni 741.

Abahanzi bazatoranywa muri aba bazinjizwa mu mahugurwa y’umwaka, aho bazafashwa kwagura impano zabo no kuziha umurongo wabafasha kuzibyaza umusaruro.

Nyuma y’icyo gihe ni bwo abahanzi bazagera mu cyiciro cya nyuma ari na cyo kizagena uwatsinze muri buri cyiciro.

Batatu ba mbere muri buri cyiciro bazahembwa miliyoni 1 Frw mu gihe imishinga itatu ya mbere izahabwa miliyoni 10 Frw kuri buri wose.

Art Rwanda-Ubuhanzi itegurwa na Imbuto Foundation ifatanyije na Minisiteri y’Urubyiruko ibinyujije mu Inteko y’Umuco (RCHA), Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) n’Ikigega cya Koreya y’Epfo gishinzwe Iterambere (KOICA).

Mazimpaka Kennedy yasubijwe mu kanama nkemurampaka ka Art Rwanda-Ubuhanzi yarimo no mu 2018
Umunyamideli Laurene Rwema uri mu bashinze Uzi Collections na we yongeye kwiyambazwa mu kanama nkemurampaka ka ArtRwanda- Ubuhanzi
Umunyabugeni akaba n'umuhanzi Bushayija Pascal yiyambajwe mu kanama nkemurampaka ka Art Rwanda- Ubuhanzi
Umusizi wabigize umwuga akaba yaranabyize, Uwamahoro Malaika yashyizwe mu kanama nkemurampaka ka ArtRwanda- Ubuhanzi
Bwa mbere Riderman yiyambajwe mu kanama Nkemurampaka ka Art Rwanda- Ubuhanzi
Umuhanzi Nirere Shanel na we yashyizwe mu kanama nkemurampaka ka Art Rwanda- Ubuhanzi
Mani Martin usanzwe ari mu bahanzi bakomeye yinjiye mu kanama nkemurampaka ka Art Rwanda- Ubuhanzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .