00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Active ishegeshwa n’abayita ababyinnyi kurusha uko ari abaririmbyi

Yanditswe na

Kalinda Brendah

Kuya 23 March 2015 saa 04:01
Yasuwe :

Tizzo, Derek na Olivis bagize itsinda rya Active bashengurwa no kuba hari abantu babita ababyinnyi kurusha uko ari abaririmbyi nyamara ngo si byo ndetse bibanduriza izina.

Aba basore uko ari batatu bihuje mu mpera z’umwaka wa 2013 bashinga itsinda rya ‘Active’ ariko bose bakaba bari basanzwe ari abahanzi ku giti cyabo ndetse bafite n’impano yo kubyina.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’iri tsinda ryavuze ko abantu babita ababyinnyi ari abadasobanukiwe umuziki kuko kubyina biri muri muzika.

Tizzo yagize ati, “Abantu batwita ababyinnyi ni abatarasobanukirwa kuko Active turirimba ndetse tukabyina indirimbo zacu kandi ibyo dukora ni umuziki”.

Ngo kuva kera batarihuza nka Active, buri wese yariaririmbaga ndetse akanabyina abantu bakabikunda gusa bakibaza impamvu byabaye ikibazo ubwo bishyiraga hamwe.

Derek ati, “Burya iyo umuntu akora neza ajya imbere abamurwanya baba benshi ariko twe ntabwo byaduca intege kuko ibyo dukora turabizi”.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .