00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Riderman yatanze inkwano, Miss Agasaro Nadia ararira (Amafoto)

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 24 July 2015 saa 11:44
Yasuwe :

Riderman, umugaba mukuru w’Ibisumizi akaba umuraperi ukomeye muri Hip Hop yo mu Rwanda yasezeranye mu mategeko na Agasaro Nadia Nyampinga wa Kaminuza ya Mount Kenya ndetse anatanga inkwano mu muryango w’uyu mukobwa.

Mu muhango wo gusaba no gutanga inkwano, Nyampinga wa Kaminuza ya Mount Kenya umwaka wa 2015 ibyishimo byamusabye, kwihangana biramunanira araturika ararira.

Mu byarijije uyu mukobwa, harimo uburyo yabonaga abo mu miryango yombi, inshuti n’ababandimwe utibagiwe itangazamakuru bari baje kubashyigikira utibagiwe ikivunge cy’abanyamakuru bafataga amashusho n’amafoto.

Riderman amaze guhabwa umugeni, yapfukamye hasi yambika impeta y’urukundo(fiançailles) umukunzi we Miss Agasaro Nadia Ishmael nk’ikimenyetso cy’uko azamukunda kugeza igihe bazatandukanyirizwa n’urupfu.

Ngo hari byinshi Nadia amaze guhindura mu buzima bwa Riderman

Nyuma yo kwambikwa iyi mpeta no kubona uburyo abantu bose by’umwihariko abanyamakuru bari benshi, bose ubona bafite amashyushyu yo gutara iyi nkuru y’ubu bukwe, Agasaro Nadia yananiwe kwihangana araturika ararira maze umugabo we azana agatambaro kera de amuhanagura amarira yashokaga ku matama.

Riderman na Miss Mount Kenya 2015 Agasaro Nadia babanje gusezeranira imbere y’amategeko mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro.

Basigaje gusezerana imbere y’Imana ku itariki ya 16 Kanama 2015 ubundi bagahita babana ubuziraherezo nk’uko banabyemereye imbere y’amategeko n’imiryango.

Habanje gusezerana imbere y’amategeko

Riderman n'umugeni we bakigera ku Murenge wa Kigarama muri Kicukiro baje gusezerana
Riderman na Miss Agasaro Nadia bari bafite akanyamuneza ku maso
Ati "Njyewe Gatsinzi Emery, maze kumva icyo amategeko asaba abashakanye nta gahato, nemeye ko Agasaro Nadia ambera umugore"
Miss Agasaro Nadia na we ati 'Ndabyemeye"
Bahise babisinyira
Ibihe batazibagirwa mu mateka y'ubuzima bwabo

Hakurikiraho gusaba no gukwa

Riderman yari ategereje kwemererwa umugeni we
Muyoboke na Safi(inshuti magara za Riderman) batashye ubu bukwe
Babyinaga bagira bati "ibi bintu ni Yezu wabikoze turanezerewe!"
Amarira y'ibyishimo ku maso ya Nadia, umusore na we bisa n'ibyari byamunaniye akihagararaho kigabo
Riderman na Agasaro Nadia bemeranyije kubana akaramata!

Amafoto: Nsanzabera JP

Twitter: @murungisabin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .