Iki gushushanyo cy’ikibuga kigaragara nk’ibaba rireremba ku mazi iyo umuntu akirebeye hejuru, cyagaragajwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru. Kizashamikira ku kibuga gisanzwe muri uwo mujyi, aho biteganyijwe ko kizavugurura.
CNN ivuga ko biteganyijwe ko iki kibuga kizaba gifite metero kare zigera ku bihumbi 270 ku buryo kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abantu bagera kuri miliyoni 22 buri mwaka mu gihe imirimo yo kucyubaka izaba igeze ku musozo.
Ntabwo hatangajwe igihe imirimo yo kubaka icyo kibuga igomba kuba yarangiye ngo gitangire gukoreshwa, icyakora iyubakwa ryacyo rikubiye mu mushinga wa Leta y’u Bushinwa yo kuvugurura, kwagura no kubaka ibibuga by’indege bigera kuri 400 bitarenze umwaka wa 2035, bavuye kuri 241 byakoraga mu 2020.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!