00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igisupusupu yinjije abantu mu mwaka mushya akangurira abagabo kwirinda inshoreke

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 31 December 2020 saa 01:31
Yasuwe :

Nsengiyumva François winjiye mu muziki agahita ahabwa izina rya ’Igisupusupu’ kubera indirimbo ye yakunzwe, yashyize hanze indi nshya yise ‘Ngarura’, mu rwego rwo gusaba abagabo bagenzi be kwita ku bagore babo aho guta umwanya mu nshoreke.

Uyu mugabo yari amaze amezi atandatu adasohora indirimbo kuko yaherukaga iyitwa ‘Isubireho’ imaze kurebwa n’abasaga ibihumbi 850.

Muri iyi ndirimbo nshya ye yise ‘Ngarura’ akebura abagabo bata umwanya mu nshoreke aho kwita ku bagore babo. Agaragara mu mashusho yayo nk’umugabo uba ufite umugore umwe ariko akagira n’inshoreke ebyiri aho asohokana nabo mu bihe bitandukanye ariko afitemo umwe akunda cyane.

Umwe mu nshoreke ze amenya ko atamwihariye wenyine n’umugore we akabimenya. Ni ibintu biteza umwiryane hagati ye n’izi nshoreke ndetse n’umugore we.

Hari aho aririmba ati “Ngarura mama, mama shenge ngarura. Intege n’amatako, amabengeza arabeshya[…] ni wowe nihebeye nkwimariramo, nkumenamo urukundo rutagira iherezo.”

Nzasangamariya Amandine ushinzwe iyamamazabikorwa muri The Boss Papa ireberera inyungu Nsengiyumva , yavuze ko iyi ndirimbo bayikoze mu rwego rwo kugira inama abagabo, bakita byimazeyo ku bagore babo, aho guta umwanya mu nshoreke.

Nsengiyumva yasabye abagabo kwirinda guca inyuma abagore babo abicishije mu ndirimbo ye nshya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .