00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lous and Yakuza yashyizwe ku rutonde rwa Forbes rw’urubyiruko rutanga icyizere i Burayi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 20 April 2021 saa 01:25
Yasuwe :

Umuhanzikazi ufite inkomoko mu Rwanda Marie-Pierra Kakoma umaze kwamamara nka Lous and The Yakuza akomeje kwigaragaza cyane, ndetse ikinyamakuru Forbes cyandika ku bijyanye n’ubukungu no gukora intonde zitandukanye cyamushyize mu rubyiruko rutanga icyizere rutarageza imyaka 30 y’amavuko rukorera i Burayi.

Uru rutonde ruriho abantu bakora ibikorwa bitandukanye birimo umuziki, ubushabitsi, abafite sosiyete zidashamikiye kuri Leta zikora ibikorwa bitandukanye , abamaze kwamamara ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube n’abandi.

Lous and Yakuza w’imyaka 24, uru rutonde aruhuriyeho n’abandi barimo umuhanzikazi w’Umwongereza Ms Banks, Mahalia Burkmar ufite inkomoko muri Jamaica ariko ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, Producer Ozan Yıldırım ukomoka mu Busuwisi n’abandi.

Uyu mukobwa uretse umuziki anamurika imideli cyane ko mu minsi ishize yagiranye imikoranire n’inzu zihanga imyambaro zo mu Bufaransa Maison Chloé na Louis Vuitton.

Mu minsi ishize nabwo yagiranye amasezerano na Adidas afatanyije n’umuraperi Dinos ukomoka muri Cameroun yo kwamamaza inkweto z’uru ruganda zizwi nka Stan Smith.

Lous and the Yakuza agezweho mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, ndetse mu minsi ishize yari ari guhatana mu cyiciro cy’umuhanzi wazamukanye ingoga mu bihembo bya Les Victoires de la Musique bitangirwa mu Bufaransa.

Lous and The Yakuza kandi aherutse gutorwa nk’umuhanzi w’umwaka mu Bubiligi mu bihembo ngarukamwaka bya Red Bull Elektropedia Awards. Byari ku ku nshuro ya 11 ubwo habaga ibi birori byo gutanga ibi bihembo byabaye tariki 25 Ugushyingo 2020.

Mu byiciro 10 byatanzwemo ibihembo Lous and the Yakuza yahatanaga muri bitatu harimo umuhanzi w’umwaka, album y’umwaka aho iye yitwa Gore yari irimo ndetse n’icy’indirimbo y’umwaka aho iyitwa Tu es Gore ariyo yari ihanganye n’izindi.

Lous and The Yakuza ubu ni umuhanzikazi uhanzwe amaso ku mugabane w’u Burayi. Mu minsi ishize yatoranyijwe mu bahanzi bane mu Bufaransa bemerewe gufashwa n’ikigo gicuruza umuziki cya Spotify.

Uyu mukobwa ubusanzwe ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo, umuraperi akaba n’umurika imideli. Avuka kuri se wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na nyina w’Umunyarwandakazi.

Aririmba cyane mu Gifaransa ariko avuga ko n’Ikidage n’Igiswayile nabyo abyifashisha mu muziki we. Hari amagambo amwe akoresha mu ndirimbo ze akura mu rurimi rw’Ikinyarwanda.

Forbes iheruka gushyira Lous and The Yakuza ku rutonde rw'urubyiruko rutanga icyizere
Lous and The Yakuza afite nyina ukomoka mu Rwanda na se wo muri RDC
Lous and The Yakuza aheruka kugirana amasezerano na Adidas yo kuyamamariza inkweto za Stan Smith
Lous and The Yakuza ari kwamamariza Adidas
Lous and Yakuza akomeje kwigaragaza cyane mu bakora umuziki cyane cyane mu bihugu bikoresha Igifaransa
Lous and Yakuza yashyizwe na Forbes mu batarageza imyaka 30 batanga icyizere i Burayi
Mu minsi ishize nabwo Lous and Yakuza yagiranye amasezerano na Adidas afatanyije n’umuraperi Dinos ukomoka muri Cameroun yo kwamamaza inkweto z’uru ruganda zizwi nka Stan Smith

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .