00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igihe nk’iki mu 1900! Dutembere Kiliziya ya mbere yubatswe mu Rwanda

Yanditswe na Philbert Girinema
Kuya 28 February 2021 saa 07:19
Yasuwe :

Imyaka 121 irashize Abapadiri bera batangiye kwigisha inkuru nziza ya Yezu Kirisitu mu Rwanda, bishingikirije ubutumwa bwari bwarahawe Intumwa 12 bugira buti “Nimugende mwigishe amahanga yose, mubabatize ku izina ry’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, mubatoze gukurikiza ibyo nabategetse byose”.

Ni aho byahereye ngo uyu munsi benshi tube twarabatijwe, tube turi abakirisitu. Abo Bapadiri bahereye i Save muri Diyosezi ya Butare, bahavuye bakomereza i Zaza, Nyundo, Mibirizi, Kabgayi n’ahandi hose maze inkuru nziza ikwira i Rwanda.

Nyuma y’imyaka 43 gusa bari bamaze kugera n’ibwami, bumvisha Umwami Rudahigwa ko akwiriye kubatizwa maze ku wa 17 Ukwakira 1943, atega uruhanga rwe Musenyeri Léon Classe amusukaho amazi ahera ko abona izina ry’irikirisitu rya Charles Léon Pierre, ni uko u Rwanda rwegurirwa Kirisitu Umwami gutyo.

Rudahigwa icyo gihe yabyawe muri Batisimu na Guverineri Mukuru wa Congo Mbiligi na Rwanda-Urundi, Pierre Ryckmans, abatiranwa na nyina, Umugabekazi Nyiramavugo Kankazi, wiswe Radegonde.

Kiliziya Gatolika ni uko yashinze imizi mu Rwanda, bihera aho bigera mu buzima busanzwe bwa buri munsi bw’abanyarwanda iva mu iyobokamana igera no mu bikorwa by’iterambere nk’amashuri aho ubu ariyo ifite menshi mu gihugu, yubaka ibitaro n’ibindi bikorwa remezo byinshi.

Mu 2019, IGIHE yakoze urugendo i Save ku isoko ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, aho abamisiyoneri ba mbere bicaye bavuye ibwami, bamaze kuganira n’Umwami Musinga, baba ariho bubaka Kiliziya.

Iyo Kiliziya yubatswe muri Gashyantare 1900, nta gihe cya nyacyo kizwi ariko amateka menshi asobanura ko hari ku itariki ya munani ubwo ibuye rya mbere ryagerekwaga ku rindi.

Icyo gihe Kiliziya yubatswe yari iy’ibyatsi ariko nyuma hubakwa iy’amatafari ahiye. Byinshi mu bikoresho byarimo n’ubu biracyahari, urugero nk’iriba rya Batisimu ryakoreshwaga mu kubatiza, inanga yakoreshwaga mu gucuranga mu kiliziya yakoreshwaga n’abantu batatu bahagaga umwuka kugira ngo ikore.

Padiri Mukwiye Fidèle yantembereje muri iyi kiliziya aho yari iri hose, anyereka ikibindi kimaze iyo myaka yose cyashyirwagamo amazi yo kubatiza. Ati “Ababatijwe bwa mbere ni kiriya gikoresho bakoreshaga, yari kiliziya nini cyane.”

Yari ifite inkingi 24, ubu hafi ya zose zaraguye hasigara imwe ari nayo ifite agace gato ka Chapelle gakoreshwa nk’urwibutso rw’iyo kiliziya ya kera.

Ati “Kahindutse ak’abantu bashaka gusenga no gushimira Imana ko yatumye aha hantu haba ahantu urebye abantu ba mbere babatirijwe, baherewe amasakaramentu.”

Imbere muri iyo chapelle nta bintu bya kera bikihagarara gusa hifashishwa nk’uburyo bwo kwiga amateka.

Abakirisitu bo muri Paruwasi ya Save mu bijyanye n’imyemerere nyobokamana, ntabwo batandukanye n’ab’ahandi ariko hari umwihariko.

Ati “Hari utuntu tugaragaza ko bafite umuco wa Gikirisitu, nko guhabwa isakaramentu rya Penetensiya kenshi, umuntu yumva ko hatashira ukwezi, ibyumweru bibiri atayihawe. Ni cyo kintu nabonye barusha ahandi. Ikindi ni ugukunda misa.”

Mu bihe bisanzwe kuri Paruwasi ya Save hasomwa misa enye, abantu barenga ibihumbi bibiri baba buzuye.

Yakomeje agira ati “Iyo bafite umuntu urwaye, babona yarembye, bahamagara umupadiri kugira ngo ajye kumuha amasakaramentu ya nyuma, nta rugo na rumwe haba hari umuntu urembye ngo azitabe Imana adahawe amasakaramentu.”

Padiri Mukwiye avuga ko bikwiye ko Save ibungabungwa, amateka yayo ajyanye n’uko Kiliziya yageze mu Rwanda ntasibangane.

Muri Gashyantare 1900 nibwo iyi kiliziya yatangiye kubakwa
Iri ni iriba rya Batisimu ryakoreshwaga muri icyo gihe muri iyi kiliziya
Ikibindi cyashyirwagamo amazi ya Batisimu cyabitswe ahantu hatgekanye ku buryo kitameneka
Iyi chapelle yakira abantu bake bashaka gusenga bonyine
Agace gato k'iyi kiliziya kagizwe Chapelle yakira abantu bake
Zimwe mu nkingi zayo zarasenywe gusa aho ziri hose harabungabunzwe nk'ikimenyetso cy'aya mateka akomeye
Abaturage b'i Save bafite umwihariko wo gusaba amasakaramentu cyane irya Penetensiya

Video: Kazungu Armand


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .