00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twaciye muri byinshi ariko turacyahagaze-Gitwaza n’umugore we bizihije imyaka 22 y’urushako

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 31 August 2019 saa 02:54
Yasuwe :

Tariki ya 30 Kanama 1997 nibwo Apôtre Dr Paul Gitwaza uyobora Itorero Zion Temple ku Isi, yambikanye impeta y’urudashira na Pasiteri Nyinawingeri Angelique, bemeranya kubana akaramata.

Mu myaka 22 Dr Gitwaza na Nyinawingeri bamaranye babyaranye abana bane ariko umwe yitabye Imana amaze iminota 10 avutse.

Ku wa 30 Kanama 2019, Apôtre Dr Gitwaza na Pasiteri Nyinawingeri bizihije isabukuru y’imyaka y’urushako rwabo mu birori byabereye muri Zion Temple Gatenga.

Ubwo Dr Gitwaza yari afashe ijambo agiye kubwiriza aho yatanze inyigisho ivuga ku buryo bukwiye bwo gutura “Giving as real Worship”, yavuze ko yishimira uburinzi Imana yashyize mu buzima bwe n’umuryango we.

Iyi nkuru akiyikomozaho yakiranwe ibyishimo n’abayoboke b’itorero rye, bakoma amashyi menshi; yahise ahamagara umugore we ngo basenge baragize Imana urugo rwabo n’imiryango y’abakirisitu.

Mu ijambo rye yagize ati “Imyaka 22 si myinshi kandi si mike. Hari abagize itanu barambiwe. Dufite indi imbere iruta iyo.’’

Yasobanuye ko ubundi “Imyaka itanu ya mbere ni iyo guhuzagurika. Kuva aho kugera kuri 25 ni iyo gutangira kumenyana. Imyaka 25 kugeza kuri 50 ni ukwemerana uko umwe ateye aho ugera ukavuga uti sinaguhindura, ndakwemeye uko uri. Hagati ya 51 kugeza kuri 80 ni imyaka y’urukundo, ni cyo gihe abagabo n’abagore bagendana bagakundana.’’

Gitwaza ari mu bakozi b’Imana bavuzwe cyane ndetse aheruka gukomoza ku muntu wigeze amushinja gusambanya umugore we.

Yagize ati “Hari umuntu wampamagaye ambwira ko ambonye ndi kumwe n’umugore w’abandi ariko igitangaje icyo gihe nari ndi mu rusengero, nsoje amateraniro. Abo bantu ndabamenyereye’’

Muri ayo magambo yavuzweho n’ibindi bibazo byose banyuzemo, Gitwaza na Nyinawingeri bakomeje kwihanganirana cyane, ubu baracyari kumwe.

Dr Gitwaza yagize ati “Iyo myaka yose mbabwira ikintu gikomeye kibaho ni ukwihanganirana, mugatungwa n’amasengesho. Twaciye muri byinshi ariko turashima Imana ko tugihagaze.’’

Ahawe umwanya, Pasiteri Nyinawingeri na we yashimangiye ko bafite ishimwe mu mitima yabo.

Yakomeje ati “Twanyuze muri byinshi ariko Imana yabanye natwe kandi yatugiriye neza iduha ibyo yari yaraduteganyirije byose. Twizeye ko no mu biri imbere izakomeza kubana natwe.’’

Umuyobozi w’Itorero Zion Temple Celebration Centre ku Isi, Apôtre Dr Paul Gitwaza ashima umugore we Nyinawingeri Gitwaza Angelique ko amuba hafi buri munsi mu murimo w’Imana no mu mibanire isanzwe

Mu butumwa yahaye abanyetorero, Gitwaza yavuze ko urugo rufite umusingi ukomeye ari urwubakiye kuri Yesu.

Uyu mugabo usanzwe ari n’umuhanzi yavuze ko kurongora hari impinduka byazanye mu buzima bwe by’umwihariko bijyanye n’umuhamagaro we.

Yagize ati ‘‘Kera ntararongora nararirimbaga, ndongoye mbikora gahoro, mbaye pasiteri mbivamo, njya mu ijambo (yerekana Bibiliya). Ndasaba ngo musenge singasaze ntarasubira mu ndirimbo. Imana izazane abantu bavuga ubutumwa, nisubirire mu ndirimbo, njye sinabwirizaga ntararirimba.’’

Yakomeje ati “Abanzi bazi ko nabanzaga kuririmba nkajya nabwiriza. Nibwo numvaga nshobora kumanura ukubonekerwa kw’Imana mu ndirimbo.’’

Mu bifurije Gitwaza n’umugore we isabukuru nziza barimo Viviane watashye ubukwe bwabo, bwakurikiwe n’amasengesho yo kurara.

Yagize ati ‘‘Isabukuru nziza y’ubukwe bwanyu. Abana banyu ni abacu. Imana yanyu ni iyacu. Ndabakunda kandi ndabasengera.’’

Nyinawingeri Angelique yavutse ku wa 18 Werurwe 1971 mu gihe Gitwaza yaboneye izuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 15 Kanama 1971. Bafitanye abahungu batatu b’imyaka 20, 17 na 15 baba muri Amerika.

Gitwaza yavuze ko urugo rwiza ari urwubakiye ku masengesho
Pasiteri Nyinawingeri yavuze ko Imana yahaye urugo rwe ibikwiriye kandi ngo bizeye ko n'ibiri imbere ari byiza
Apôtre Gitwaza na Nyinawingeri Angelique bafitanye abana batatu b'abahungu
Apôtre Gitwaza amaze imyaka 22 arushinze na Nyinawingeri Angelique
Apôtre Dr Paul Gitwaza n'umugore we Angelique Nyinawingeri ubwo hatangizwaga Igiterane ngarukamwaka cy’Ububyutse ‘Africa Haguruka’ mu 2017
Apôtre Dr Paul Gitwaza na Pasiteri Nyinawingeri Gitwaza Angelique n'abana babo baba muri Amerika. Aha bari bitabiriye ibirori byo gusoza amasomo ku muhungu wabo wize muri Palm Beach Central High School muri Leta ya Florida
Pasiteri Nyinawingeri Angelique na we akora ivugabutumwa muri Zion Temple yatangijwe n'umugabo we
Abana ba Gitwaza n'umugore we bose baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Mu iyerekwa Gitwaza yagize mu 1992, harimo ko agomba gushyiraho Minisiteri y’Ububyutse yitwa “Authentic Word Ministries International,” igamije gutegurira inzira Yesu Kirisitu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .