00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Goma irugarijwe, abasirikare ba Leta bari kurasa abaturage ku manywa y’ihangu (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 April 2024 saa 03:43
Yasuwe :

Umutekano muke ukomeje kuba ingume mu Mujyi wa Goma aho abantu bitwaje intwaro barimo n’abasirikare ba Leta bamaze iminsi barasa abaturage ku manywa y’ihangu.

Bamwe barimo abasirikare barinda Perezida batawe muri yombi bashinjwa ubwo bugizi bwa nabi ariko aho kugira ngo ibintu bijye mu buryo, birushaho kuba bibi.

Nibura imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko kuva ukwezi kwa Kane kwatangira, abantu basaga icumi bamaze kwicwa barashwe mu Mujyi wa Goma.

Impungenge ni zose ko umutekano ushobora kurushaho kuba muke muri Goma igoswe na M23, yuzuyemo abasirikare b’ubwoko bwose barimo Ingabo za Leta, iza Loni, iz’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo SADC n’imitwe yitwaje intwaro yagiye itsindwa mu duce M23 utibagiwe n’urubyiruko leta yahaye intwaro irwita Wazalendo.

Ese ibi biraganisha he uwo mujyi utuwe na miliyoni ebyiri? Kurikira ikiganiro Tubijye Imuzi usobanukirwe


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .