00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel na Iran birasatira intambara, icyoba ni cyose kuri Amerika (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 April 2024 saa 05:21
Yasuwe :

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Mata 2024, Israel yatunguwe n’ibitero simusiga by’indege zitagira abapilote n’ibisasu byoherejwe na Iran, mu kwihimura ku gitero giherutse kugabwa kuri ambasade ya Iran muri Syria, cyahitanye abasirikare bakuru barindwi ba Iran.

Ibitero bya Iran kuri Israel byari bimaze iminsi bihwihwiswa ariko ntabwo byari byitezwe ko Iran ishobora kohereza indege n’ibisasu bivuye ku butaka bwayo.

Israel yatangaje ko nibura drones n’ibisasu biri hagati ya 300 na 500 aribyo byoherejwe muri Israel, nubwo inzego z’ubwirinzi bw’ikirere za Israel ku bufatanye n’inkunga y’ibihugu nk’u Bwongereza, Amerika n’u Bufaransa zabashije kubishwanyaguriza mu kirere ku kigero cya 99%.

Israel na Amerika babifashe nk’intsinzi kuba nta byinshi byangijwe ariko abakurikiranira ibintu hafi bavuga ko ishobora kuba intangiriro y’indi ntambara yaguye mu Burasirazuba bwo hagati.

Kurikira ikiganiro Tubijye Imuzi usobanukirwe intandaro y’uyu mwuka mubi n’aho byerekeza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .