00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bamwe batinyaga kwinjira mu modoka y’akazi: Akaga kari karagwiririye Air Rwanda kubera amacakubiri

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 13 April 2024 saa 06:30
Yasuwe :

Mutuyemariya Vilginie ni umukozi mu Kigo cy’u Rwanda cy’Ubwikorezi bwo mu kirere RwandAir, imirimo yinjiyemo mu 1986, ni ukuvuga ko amazemo imyaka 38.

Ubwo ibigo bikorera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali byibukaga abahoze ari abakozi ba Air Rwanda na Regie des Aeroports bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Mutuyemariya yagaragaje ko Air Rwanda yari indiri y’interahamwe.

Mutuyemariya yavuze ko Air Rwanda yari indiri y’Interahamwe n’Interamwete nka Nyirandegeya Mwamini Espérance, “washahuraga abagabo” n’umugore wa Théoneste Bagosora.

Nyirandegeya Mwamini Espérance yakatiwe gufungwa burundu, yashize hasi impuhwe za kibyeyi yica Abatutsi bari mu byiciro bitandukanye by’imyaka harimo n’abana bato.

Col Bagosora we muri Mutarama 1993 yavuye i Arusha muri Tanzania mu nama ku masezerano y’amahoro atanyuzwe, aravuga ati “Ndatashye ngiye gutegura imperuka”.

Mutuyemariya warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko mu kazi byari ibintu bikomeye kubera amacakubiri n’ivangura.

Ati “Byari ibintu bikomeye cyane, ha handi twari dufite n’imodoka y’akazi ugatinya kuyigendamo ugatega kuko abenshi banayirwaniragamo bamwe bapfa Inkotanyi n’ibindi.”

Mutuyemariya Virginie (iburyo) umaze imyaka 38 akora muri RwandAir yerekanye uko muri iki kigo cyahoze cyitwa Air Rwanda cyari indiri y'Interahamwe

Byamugizeho ingaruka cyane kuko we n’umugabo we banafunzwe mu 1990 mu bihe by’ibyitso.

Mutuyemariya wakoraga mu bijyanye n’ubucuruzi bw’amatike, ikintu yibuka ni uko rimwe abagore b’Abahutu bigeze kumufungirana mu biro ngo bamukubite azizwa ko yari Umututsi.

Ati “Ku bw’umugisha hari undi mugabo twakoranaga w’imfura cyane witwaga Habumugisha Samson aravuga ati ntawe mukoraho. Abo bagore sinshaka kuvuga amazina yabo kuko n’ubu harimo n’umwe tujya duhura.”

Mutuyemariya wari ufite imyaka 31 ubwo Jenoside yabaga, yerekana ko ari ibintu byamugizeho ingaruka, ati “na we urabyumva abantu mwakoranaga bakaguhinduka, ni ikintu kibabaza cyane”.

Nyuma ya Jenoside, Mutuyemariya n’abandi bakozi bongera kugaruka gukora, ibintu bitari byoroshye. Ati “Twatangiye tuyora imyanda, ibintu byose byarabaye imyanda, ariko ubu ibintu byarahindutse ubu ndi Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n’amatike mu Karere.”

Ati “Uretse ko kubona n’akazi muri Air Rwanda [ku Batutsi] bitari byoroshye, mu 1990 abantu baratotejwe karahava. Hari uwo nzi witwaga Virgil wafunzwe amezi atandatu yitwa icyitso. Aha kuhavuga biba bigoye. Ni ahantu wajyaga ku kazi uvuga uti ese ndataha, kuko wabaga uri mu byago buri gihe.”

Munkankusi Berna wari ufite umugabo wakoraga muri Air Rwanda witwaga Karinganire Rafael, yavuze ko bari batuye hafi y’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, nawe yavuze ko umugabo yafunzwe kenshi yitwa icyitso cy’Inkotanyi.

Munkankusi Berna wari ufite umugabo wakoraga muri Air Rwanda ariko akicwa muri Jenoside, asuhuzanya n'Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo ubwo bari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo (iburyo) n'Umunyamabanga muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo, Eng Uwase Patricie ubwo bari bakurikiranye ubuhamya bw'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
Umuyobozi wa Rwanda Airports Company, Charles Habonimana (iburyo) n'Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu kigenzura indege za gisivili, Silas Udahemuka mu bitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi ba Air Rwanda na Regie des Aeroports bishwe muri Jenoside
Igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi Air Rwanda na Regie des Aeroports bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi cyitabiriwe n'ab'ingeri zitandukanye barimo n'abo mu miryango y'abishwe
Munyanshoza Dieudone ni we waririmbiye abitabiriye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi Air Rwanda na Regie des Aeroports cyateguwe n'ibigo bikorera mu Kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali
Mukankusi Berna yashimiye Inkotanyi z'abarokoye mu gihe ubuzima bw'Abatutsi bwari mu marembera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .