00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Dr Utumatwishima yahinyuje abavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 10 April 2024 saa 11:54
Yasuwe :

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Jean Nepo Abdallah Utumatwishima yahinyuje abavuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, ashimangira ko ari imvugo ikoreshwa n’abashaka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Minisitiri Dr Utumatwishima yitanzeho urugero ko iwabo batari mu bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse batahunze ku buryo iyo ibivugwa kuri FPR-Inkotanyi ko hari abo yishe biba ari byo bataba bagihumeka uw’abazima.

Yabigarutseho ku wa 09 Mata 2024, ubwo yahanuraga urubyiruko rurenga 5000 rwari rwifatanyije n’Umuryango Our Past Initiative mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni igikorwa cyabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.

Akenshi abahakana cyangwa bagapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi usanga bagaragaza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, ko FPR-Inkotanyi yabohoraga igihugu yishe abantu, n’ibindi bigamije kugoreka amateka nkana.

Minisitiri Dr Utumatwishima yagaragaje ko atumva impamvu abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bagera n’aho birengagiza ukuri guhari.

Yerekanye ko baba birengagiza ko hari abayigizemo uruhare babyiyemerera, bakarenzaho bakagoreka amateka bakoresha amagambo yuzuye ugupfobya arimo nko kwita Jenoside yakorewe Abaututsi iyo mu Rwanda, bakavuga ko yatwaye Abatwa, Abahutu n’Abatutsi.

Ati “Ni gute umuntu avuga ibyo kandi muri twe dufite ababyeyi bafunzwe bakoze Jenoside ndetse bakemera ko bayikoze, barakoze intonde z’Abatutsi bakaba babizi kandi barabyemeye? Bakaba baragiye kuri bariyeri bareba amarangamuntu bahiga Umututsi.”

Uyu muyobozi yabwiye urubyiruko ko nirubona rugenzi rwarwo ruvuga bene izo mvugo ndetse rugafatanya n’abandi babikora, nk’urwamenye ukuri rugomba kujya rutwama urwo rwayobye, ndetse “ujye ukoresha uko ushoboye umuhe ibimenyetso.”

Yagarutse no ku bandi bazana ibinyoma by’uko Inkotanyi zicaga abantu zabaga zasanze mu Rwanda, agaragaza ko ari ibintu bidafite ishingiro ndetse ko we akunda cyane gukoresha imbuga nkoranyambaga, abihinyuza kandi yitanzeho urugero.

Ati “Mbasobanurira ko njyewe iwacu mu rugo twebwe tutahunze kandi twabanye neza n’Inkotanyi ndetse ntabwo twari mu miryango yahigwaga. Iyo biza kubaho natwe tuba tutakiriho.”

Minisitiri Dr Utumatwishima yavuze ko umuntu wese afite amateka, agasaba ko abafite imyaka 30 kuzamura bagomba gutanga umusanzu basobanura amateka yabo hirindwa ko urubyiruko u Rwanda rufite rwaguma mu rujijo.

Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Jean Nepo Abdallah Utumatwishima yahinyuje abavuga ko FPR-Inkotanyi yishe Abanyarwanda
Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa (ubanza iburyo) na Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Jean Nepo Abdallah Utumatwishima ubwo bunamiraga Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Abayobozi batandukanye barimo n'Umuyobozi Mukuru wa Banki y'Amajyambere y'u Rwanda, Pitchette Kampeta Sayinzoga (ubanza iburyo) bitabiriye igikorwa cyo kwibuka cyateguwe na Our Past Initiative
Ubwo amasaha yari atangiye kwigira imbere ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro ni uku hari hameze ku mugoroba wo kwibuka wateguwe na Our Past Initiative
Urubyiruko rwari rwitabiriye ku bwinshi
Itsinda ry'urubyiruko rubarizwa mu Muryango Our Past Initiative ni ryo ryagize uruhare mu migendekere myiza y'igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi uyu muryango wari wateguye
Mu byaranze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe na Our Past Initiative harimo no gucana urumuri rw'icyizere
Hakinwe umukino ugaragaza uko mu 1994 byari bimeze
Uyu mukino wakinwe n'Isinda rya Our Past Initiative wahagurukije amarangamutima ya benshi
Uwarokokeye mu bice bya Nyanza ya Kicukiro yagaragaje inzira y'inzitane Abatutsi banyuzemo nyamara bahorwa uko bavutse batagizemo uruhare

Amafoto: Dukundane Ildebrand


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .