00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahawe impamyabushobozi mpuzamahanga biyemeje guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 31 July 2022 saa 01:43
Yasuwe :

Abanyeshuri 27 bize mu Ishuri Mpuzamahanga ryo mu Bufaransa ryigisha ibijyanye n’ubukerarugendo n’amahoteli rya Vatel, basoje amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kabiri cya Kaminuza bahabwa impamyabushobozi zo ku rwego mpuzamahanga.

Ni umuhango wabereye muri Kigali Marriot hotel, witabirwa n’abayobozi batandukanye barimo ubuyobozi bwa Vatel mu Rwanda, imiryango y’abarangije amashuri, abafatanyabikorwa ba Vatel, inzego z’ubukerarugendo, inzego z’abikorera mu Rwanda n’abandi.

Bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza ya Vatel barihirwa na Mastercard Foundation mu rwego rwo kubakira urubyiruko ubushobozi muri gahunda yayo yatangijwe ya Hanga Ahazaza izamara imyaka itanu.

Umuyobozi wa Mastercard Foundation mu Rwanda, Rwigamba RICA, yabwiye abanyeshuri basoje amasomo ko bakwiye guharanira kwigira mu bikorwa bya buri munsi.

Ati “Turi hano twishimira ko mwakoze ibishoboka byose mu kabasha kwiga. Mwize mu bihe bikomeye bya Covid-19, umwihariko wayo yatwigishije ko dukwiye kugira umwihariko wo gushobora gukora ibintu runaka mu bihe bikomeye. Mujye mutinyuka mumenyeko nta kintu cyabananira.”

Yashimye umusanzu wa Vatel mu kwigisha abanyeshuri b’Abanyarwanda mu birebana no guteza imbere ubukerarugendo kandi ko yizeye ko bazakomeza ubufatanye mu kubakira ubushobozi abana b’u Rwanda mu rwego rw’ubukerarugendo.

Umuyobozi wa Vatel mu Rwanda, Nicole Bamukunde, yasabye abanyeshuri kongera gutekereza neza aho bahera bahindura imiterere n’imikorere y’urwego rw’ubukerarugendo uyu munsi bifashishije ubumenyi bahawe.

Ati “Ndagira ngo mbasabe muzajye mwibuka aho mwavuye, murebe n’aho mugeze, muzirikane abo musize inyuma kandi muharanira icyateza imbere u Rwanda.”

Umunyeshuri wari uhagarariye abandi, Uwineza Clarisse, yavuze ko bigishijwe neza kuko banyuzagamo bagashyira mu bikorwa n’ibyo bize bakiri ku ishuri.

Yavuze ko Vatel yabaguriye intekerezo bakaba bashobora kureba mu buryo butandukanye no kumenya amahirwe ari mu rwego rw’ubukerarugendo bw’u Rwanda by’umwihariko ku bakobwa.

Yakomeje ati “Nashimye imbaraga Vatel yashyizemo mu kongerera abanyeshuri ubumenyi mu byo biga mu mvugo no mu ngiro. Njye ubwanjye byamfunguriye amahirwe muri uru rwego rw’ubukerarugendo by’umwihariko ku bagore.’’

Yashimye ubufasha bahawe na Mastercard Foundation yemeza ko ari bwo bwatumye bagira aho bagera bityo ko bazakomeza guhesha ishema ubumenyi bakuye mu ishuri mpuzamahanga rya Vatel cyane ko impamyabumenyi bahawe ziri ku rwego mpuzamahanga.

Ngabo Jules yabwiye IGIHE ko nubwo bahuye n’imbogamizi zitandukanye zirimo na Covid-19 biteguye gufatanya n’abandi guhindura imitangire ya serivisi mu rwego rw’ubukerarugendo.

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Niyonkuru Zephanie, yavuze ko gusoza amashuri kuri aba banyeshuri ari inzira yo gutangira ubuzima bwo hanze abasaba gukomeza kwihugura mu byo bakora.

Ati “Nabonye abanyeshuri benshi hano barabonye akazi na mbere yuko barangiza kwiga, ibyo byerekana uburyo ishuri ryigisha ibikenewe ku isoko ry’umurimo. Uru ni urwego ruyoboye ubukungu bw’igihugu.”

Yashimye cyane ubufasha bwa Vatel mu kwigisha amasomo arebana n’ubukerarugendo aho iri shuri ryagiye rigira uruhare no mu gutanga amahugurwa ku bakozi batandukanye bari mu bukerarugendo mu rwego rwo kubunoza.

Vatel ni ishuri ryo mu Bufaransa rikomeye mu mashuri yigisha ibirebana n’ubukerarugendo kuko riri mu mashuri 10 ya mbere akomeye muri iki gihugu, rikaba ryarinjiye mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho gushyigikira ubukerariugendo bwacyo.

Umuyobozi ushinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Vatel Group, Paul D’Azemar, yashimye imyitwarire y’abarangije n’uburyo ubukerarugendo bw’u Rwanda burushaho gutera imbere umunsi ku wundi.

Yagaragaje ko Kaminuza ya Vatel izakomeza guherekeza abana b’u Rwanda mu kugira ubumenyi mu nzego zinyuranye by’umwihariko ubukerarugendo n’amahoteli nk’uruhetse ubukungu bw’ibihugu bitari bike ku Isi.

Kugeza ubu Vatel ifite amashuri asaga 55 hirya no hino ku Isi, mu Rwanda isanzwe inatanga amahugurwa y’igihe gito ku bakozi bakora muri serivisi zirebana n’ubukerarugendo n’amahoteli.

Uwineza yagaragaje ko yungutse ubumenyi buzamufasha gutegura ahazaza
Umuyobozi wa Vatel mu Rwanda, Nicole Bamukunde, yasabye abanyeshuri kongera gutekereza neza no guharanira ishema ry'igihugu
Uwineza Clarisse wagaragaje umurava yahawe ishimwe, yanyuzwe n'ubumenyi bahawe
Umuyobozi wa Mastercard Foundation Rwanda, Rica Rwigamba, yasabye aba banyeshuri guharanira kwigira
Umuyobozi Mukuru wungirije wa RDB, Niyonkuru Zephanie, yagaragaje ko ubukerarugendo buri mu byubakiweho ubukungu
Agasaro Bella yashimiwe nk'umunyeshuri wahize abandi
Yashimiwe guteza imbere ihame ry'uburinganire mu ishuri
Aba ari umunsi ufatwaho urwibutso
Rwigamba Rica uyobora Mastercard Rwanda aganira na Paul D'Amezar wari uhagarariye Vatel Group
Ababyeyi bari bafite akanyamuneza
Paul D'Azemar ushinzwe Ububanyi n'Amahanga muri Vatel Group, yashimiye abanyeshuri bagaragaraje ubutwari muri Covid-19
Ngabo Jules yavuze ko biteguye neza guhindura byinshi ku isoko ry'umurimo
Akanyamuneza kaba ari kose ku basoje amasomo yabo
Abasoje basabwe gukomeza guhesha ishema u Rwanda
Aba banyeshuri hafi ya bose barangiza bafite akazi
Abarangije muri iri shuri bagira amahirwe yo gukora mu mahanga

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .