00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lewis Hamilton yasuye Ingagi muri Pariki y’Ibirunga

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 August 2022 saa 09:48
Yasuwe :

Umukinnyi w’Umwongereza ukomeye mu mukino wo gutwara imodoka nto, Formula 1, Lewis Hamilton, ari mu biruhuko ku mugabane wa Afurika. Mu bihugu yasuye harimo n’u Rwanda aho yageze muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

Hamilton amaze iminsi muri Kenya aho yageze avuye muri Namibia. Kuri uyu wa 11 Kanama 2022 nibwo yari muri Pariki y’Ibirunga mu Rwanda ari kumwe n’inshuti ze.

Yanejejwe no kuzamuka imisozi yo mu Rwanda ndetse no kureba ibinyabuzima biyituyemo.

Yagize ati “ Ahandi hantu ngeze ubu ni mu Birunga kureba iwabo w’ingagi. Ni ibintu byarenze ibitekerezo byanjye. Zari zituje, zisa neza, simpamya ko kuzegera ari ishusho izamva mu mutwe.”

Akomeza agira ati: “ Mwarakoze cyane ku buryo mwatwakiriye ndetse n’imbaraga mushyira mu kubungabunga ubwiza bw’ibyo binyabuzima. Ndetse mwarakoze nk’u Rwanda.”

Lewis Hamilton amaze gutwara shampiyona y’Isi ya Formula 1 inshuro zirindwi, ibintu byatumye ahabwa ishimwe n’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II.

Ingagi zo mu birunga zikomeje gukururira abatari bake gusura u Rwanda
Abita ku buzima bw'Ingagi bashimiwe bikomeye na Lewis Hamilton
Akanyamuneza kari kose ubwo Hamilton yari kumwe n'abamutembereje Pariki y'Igihugu y'Ibirunga
Lewis Hamilton w'imyaka 37 yari kumwe n'inshuti ze muri Pariki y'Igihugu y'Ibirunga
Byari ibyishimo kuri Lewis Hamilton ubwo yageraga mu misozi y'Ibirunga. Yahafatiye amafoto y'urwibutso
Lewis Hamilton yishimiye kubona ingagi zo mu Birunga. Ni ku nshuro ya mbere yari agiriye uruzinduko mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .