00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aborozi b’ingurube mu Rwanda bizeye kongera umusaruro nyuma yo gusura bagenzi babo b’i Burayi

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 12 August 2022 saa 01:21
Yasuwe :

Bamwe mu borozi b’ingurube mu Rwanda biyemeje kuvugurura ubworozi bwabo nyuma y’urugendoshuri bakoreye mu gihugu cy’u Bubiligi, kimwe mu bizwiho gutanga umusaruro mwinshi ukomoka ku ngurube.

Aba borozi bari bayobowe na Jean Claude Shirimpumu Uyobora ishyirahamwe ry’Aborozi b’Ingurube mu Rwanda, akaba na Visi Perezida w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF).

Shirimpumu asanzwe ari umworozi w’ingurube wabigize umwuga aho azororera mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi, binyuze mu kigo yashize, Vision Agribusiness Farm Ltd.

Iri tsinda ry’abantu batatu bakora ubworozi mu Rwanda, ryasuye ibikorwa bitandukanye by’ubworozi mu Bubiligi by’umwihariko imurikabikorwa ry’ubworozi rikomeye ribera ryitwa “Foire de Libramont”. Ni imurika ry’ubworozi rinini mu Burayi ryitabirwa n’abasura basaga 200 000, abamurika 700 mu cyanya gifite metero kare zisaga 200 000.

Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Shirimpumu yavuze ko bungukiye byinshi muri iryo murika ry’ibikorwa by’ubworozi.

Ati “Twasuye imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi, ubona ko riri ku rwego rwo hejuru cyane cyane ko usanga ibihugu bya EU bihahurira bikamurika byinshi bagezeho ku buhinzi n’ubworozi. Gusura imurikabikorwa nk’iryo kuri twe ni igikorwa gikomeye kuko twigiramo byinshi byatuma ibyo dukora tubyongerera agaciro.”

Mu bindi bikorwa bakoze mu Bubiligi harimo gusura aborozi, gusura Kaminuza ya Liège ifite ishami ry’ubworozi baganira n’abarimu n’abashakshatsi bakoramo ku bijyanye n’inkingo no gutera intanga. Banasuye ikigo cyo gutera intanga cyo mu ntara ya Liège, abagize ishyirahamwe ry’aborozi n’ibindi.

Shirimpumu yavuze ko aborozi bo mu Burayi bateye imbere cyane bashingiye ku musaruro w’ibyo bamurikaga ndetse n’amakuru batanga ku bworozi bwabo.

Ati “Abantu bamurika baba barabyiteguye cyane ku buryo batanga amakuru ubona ahagije yanditse, babifitiye inyandiko, hari n’abafite amashusho basobanura ibintu byabo kandi bagenda berekana ikoranabuhanga bamaze kugeraho.”

“Mu bworozi bagusobanurira ukuntu byabafashe imyaka igera ku ijana kugira ngo bagere ku nka itanga inyama uyu munsi ku buryo bushimishije, bakakwereka aho bavuye. Bati iyi nka iyo yabaga ifite ibiro 400 yabaga ifite byinshi ariko ubu dufite igera kuti toni 1.5.”

Nk’aborozi b’ingurube, Shirimpumu yavuze ko nabo mu Rwanda bagiye kuvugurura ubworozi bwabo ku buryo butanga umusaruro ufatika.

Ati “Byatugaragarije ko natwe tugiye kwiyubaka ndetse byanashoboka natwe tukajya dukora imurikagurisha ryihariye aborozi b’ingurube bakaba bafata icyumweru ababyifuza bagasobanukirwa. Uyu munsi tukaba twamurika ingurube, inkoko n’andi matungo magufi, byafasha umuntu wese kugira ngo abone amakuru ahagije.”

Ahereye ku bwoko bw’ingurube yorora, Shirimpumu yemeza ko zishobora kubyazwa umusaruro birenze uko bikorwa ubu.

Ati “Noroye ingurube zo mu bwoko bwa piétrain, hakaba n’indi ngurube ya Landrace. Iyo ufashe izo ngurube ukazihuza imwe ikabangurira indi, ingurube ivuyemo iba ifite umwihariko kuko igira inyama nziza igakura vuba. Piétrain igira inyama nziza naho Landrace ikamenya kwita ku bana neza bagakura vuba, iyo ubihuje rero havamo indi ngurube ibibumbatiye vuba.”

Ingurube mu Rwanda ni itungo ritahabwaga agaciro kuko ryazanye n’umwaduko w’abazungu ariko kuri ubu Leta yabonye ko ifite uruhare runini mu kugeza ku gihugu kuri gahunda yo kwihaza ku nyama.

Shirimpumu avuga ko ingurube ishobora gutanga umusanzu ugera kuri 48 % by’inyama igihugu gikeneye zaba izo kurya imbere mu gihugu cyangwa kohereza hanze.

Ati “Mu Rwanda twatangiye kuzorora mu buryo bw’umwuga, ku buryo ya ngurube yirirwaga itoragura ibyo kurya ku gasozi atari ko bikimeze. Ubu turazorora mu biraro zikagaburirwa mu biraro, zikagaburirwa neza, dutangiye gushaka icyororo cyiza gitanga umusaruro.”

Ashingiye ku musaruro ubworozi bw’ingurube bumaze kumugezaho, Shirimpumu avuga ko ari umushinga ushobora gufasha abaturage n’igihugu gutera imbere mu buryo bwihuse.

Ati “Natangiye buhoro kugeza igihe naje kurekera akazi ka Leta aba aribyo nkora gusa. Birantunze n’umuryango wanjye kandi bitanga n’akazi. Hari abakozi bahoraho n’abanyakabyizi. Hari abaza kungurira, abo ngurirra ibiryo, abaturage bakenera ifumbire, abo ngurisha inyama n’ibindi.”

Ubworozi bw’ingurube bumaze guteza imbere benshi mu borozi bwo mu Rwanda kuko budasaba igishoro kinini kandi zikororoka mu gihe gito. Bijyana kandi n’ubwiyongere bw’abakunzi b’inyama z’ingurube zikunzwe mu tubari n’amahoteli yo mu Rwanda ku izina ry’Akabenzi.

Kurikira ikiganiro cyose muri vidéo:

Jean Claude Shirimpumu asanzwe ayobora ishyirahamwe ry’Aborozi b’Ingurube mu Rwanda
Shirimpumu mu kiganiro n'umunyamakuru wa IGIHE, Karirima A. Ngarambe
Mu rugendoshuri, aborozi b'abanyarwanda beretswe uko ingurube zishobora kororoka
Abantu batandukanye bakuze gukorera urugendo shuri muri Vision Agribusiness Farm Ltd ya Shirimpumu
Vision Agribusiness Farm Ltd ya Shirimpumu iherereye mu murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi
Shirimpumu avuga ko ubworozi bw'ingurube bwamugejeje kuri byinshi ari nabyo bituma abikundisha abandi bashaka iterambere
Byagaragaye ko ingurube zororoka vuba kandi zidasaba igishoro kinini
Shirimpumu yorora ingurube zirimo izishobora gupima ibilo 400
Ubworozi bw'ingurube bumaze guteza benshi imbere mu Rwanda
Muri Foire de Libramont hamurikwa inka zirimo izishobora gupima ibilo toni 1.5
Itsinda riyobowe na Shirimpumu ryasuye ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere ubworozi
Aborozi bo mu Rwanda bigiye byinshi kuri bagenzi babo bo mu Burayi bamaze gutera imbere cyane
Muri “Foire de Libramont" hamurikwa ubworozi bw'amatungo atandukanye harimo inka
Hasuwe abashakashatsi batandukanye mu bworozi ari nabo bagira uruhare rukomeye mu iterambere ryabwo
Shirimpumu na bagenzi be basuye aborozi ba kijyambere mu Bubiligi
Shirimpumu avuga ko babashije kwiga byinshi mu rugendo shuri bamazemo iminsi mu Bubiligi
Itsinda ry'aborozi b'ingurube mu Rwanda ryasuye abashakashatsi n'abarimu bo muri Kaminuza ya Liègeya

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .