00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Prime Insurance Ltd yinjiye mu masezerano y’imikoranire na REG BBC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 August 2022 saa 10:15
Yasuwe :

Ikigo gitanga Serivisi z’Ubwishingizi mu Rwanda, Prime Insurance Ltd n’Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu y’Ingufu, REG BBC byamuritse amasezerano y’imikoranire yitezweho kungukira impande zombi.

Aya masezerano yari amaze igihe yarumvikanyweho ndetse yaratangiye no kubahirizwa kuva tariki ya 1 Mutarama 2022. Yashyizweho umukono ku mugaragaro ku wa Kane, tariki ya 11 Kanama 2022.

Yitezweho kuzamura imibereho y’Ikipe ya REG BBC ndetse no kumenyekanisha ibikorwa bya Prime Insurance Ltd, ikigo cy’ubwishingizi kimaze kuba ubukombe mu Rwanda.

Ku ruhande rwa Prime Insurance Ltd, aya masezerano yasinywe na Ruzigande Jean Damascène uhagarariye Ibikorwa bya Tekiniki mu gihe REG BBC yari ihagarariwe n’Umuyobozi wayo, Francis Murindabigwi.

Aya masezerano afite agaciro ka miliyoni 100 Frw, ni zo Prime Insurance Ltd izagenera REG BBC, na yo ikazayifashisha mu kuzamura impano z’abakiri bato.

Mu byumvikanyweho hakubiyemo ko REG BBC izajya yambara imyenda iriho ibirango bya Prime Insurance Ltd, ikamenyekanisha ibikorwa byayo biciye ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’aho ikipe izajya ikorera imyitozo.

Ku kirebana no kuzajya bamamariza ku bibuga REG yakiniyeho, havuzwe ko ibyo bizajya bikurikiza amabwiriza agenga amarushanwa bitabiriye.

Umuhuzabikorwa w’Ibikorwa bya Siporo muri REG, Geoffrey Zawadi, yavuze ko bishimiye ubufatanye bagiranye na Prime Insurance Ltd kuko bugaragaza umusaruro w’iyi sosiyete mu kugeza ibyishimo ku Banyarwanda.

Ruzigande Jean Damascène ushinzwe Tekiniki muri Prime Insurance Ltd, yashimiye REG yemeye kwinjira mu masezerano y’imikoranire n’iki kigo.

Yakomeje ati “Kuko biri mu nshingano zacu guha Abanyarwanda ibyo bakunda. Mutubona ahantu henshi hatandukanye nko mu masiganwa y’amagare no mu y’amamodoka. Kuri iyi nshuro twahisemo Basketball na REG by’umwihariko kuko ari ikipe isigaye ikurura abakunzi benshi kuri stade nziza muri Afurika “BK Arena. Ku bw’ibyo rero ntitwabura kubitera inkunga.”

Mulindabigwi Francis uyobora REG BBC na we yavuze ko banyuzwe n’ubufatanye bitezeho ko buzazamura urwego rw’ikipe yabo.

Yagize ati “Ubu bufatanye ni bwiza cyane kuko natwe nka REG turi ikipe y’ikigugu. Twarenze urwego rwo kumenyekanisha ikigo cya REG no kugira ngo duhe Abanyarwanda ibyishimo, ariko turacyafite byinshi byo gukora.’’

“Ubu dufite intego zo gusubira muri BAL (Basketball Africa League) ndetse tukarenga n’aho twagarukiye ubushize. Aha ni ho amasezerano na Prime agiye kuba ingirakamaro mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ntabwo bahisemo nabi gukorana natwe kandi natwe ntituzabatenguha.”

Prime Insurance yashinzwe mu 1995, icyo gihe yitwaga Cogear Ltd, Ikigo cy’ubwishingizi rusange cyemewe na Banki Nkuru y’u Rwanda. Imaze kugaba amashami arenga 60 mu gihugu mu kwegereza Abanyarwanda serivisi zinoze kandi zihuse.

Ikipe ya REG BBC byinjiye mu mikoranire yo yabonye izuba mu 2016. Mu myaka itandatu gusa imaze guhamya igitinyiro ndetse ni yo yari ihagarariye u Rwanda mu Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2022) ryasorejwe i Kigali aho yaviriyemo muri ¼.

Umutoza wa REG, Henry Mwinuka, yavuze ko ikipe igiye kubaho neza birushijeho
Umutoza wa REG BBC, Henry Mwinuka na Kapiteni wayo Kaje Elie bitabiriye ibikorwa byo gusinyana amasezerano na Prime Insurance Ltd
Umuyobozi ushinzwe Tekiniki muri Prime Insurance Ltd, Ruzigande Jean Damascène, yavuze ko bifuza guha Abanyarwanda ibyishimo biciye muri Basketball
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n'Ubucuruzi muri Prime Insurance Ltd, Uramutse Regis, yari yitabiriye iki gikorwa
Impande zombi zinejejwe no gukorana mu myaka itatu iri imbere
Umuyobozi w'Ikipe ya REG BBC, Murindabigwi Francis, yavuze ko amasezerano azabafasha gusubira muri BAL
Umuyobozi wa REG Basketball Club, Murindabigwi Francis na Ruzigande Jean Damascène uhagarariye Ibikorwa bya Tekiniki muri Prime Insurance Ltd ni bo bashyize umukono ku masezerano
Abahagarariye REG BBC na Prime Insurance Ltd bari bitabiriye uyu muhango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .