00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyishimo i Nyakabuye nyuma yo kwegerezwa inzu y’ababyeyi mu kigo nderabuzima

Yanditswe na Akimana Erneste
Kuya 15 August 2022 saa 08:44
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi bari mu byishimo by’ikirenga nyuma yo kwegerezwa inzu y’ababyeyi mu kigo nderabuzima bahawe.

Iyi nzu y’ababyeyi yatashywe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse mu ruzinduko aheruka kugirira mu Karere ka Rusizi areba uko serivisi z’ubuzima zitangwa.

Muri urwo rugendo yeretswe bimwe mu bibazo by’ingutu biri muri serivisi z’ubuzima ndetse abizeza ko ku bufatanye n’Akarere ka Rusizi bizashakirwa umuti urambye.

Nyuma yo gutaha Inzu y’Ababyeyi mu Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye, bamwe mu bahoze babyarira mu yahoze ishaje bavuga bitari biboroheye kuko no kubona aho umubyeyi arambika umusaya byari ikibazo.

Mukaniyonsenga Josiane avuga ko mbere babyariye mu nzu isa nabi ku buryo nta bwinyagamburiro babonaga bitewe n’imiterere yabo.

Yagize ati “Nabyariye mu nzu ya mbere ariko twari twegeranye n’abandi barwayi kandi hari n’inzira y’abanyesoko; iyo batambukaga baratubonaga turi mu byumba cyangwa mu rubagiro. Nta suku yaharangwaga ndetse n’umurwaza ntiyabonaga aho arara.’’

Nyuma yo kuzura kw’inzu y’ababyeyi nshya, ubu abarwayi barisanzura ndetse hari n’isuku ku buryo ntacyo bikanga nk’uko byari bisanzwe mbere.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, yavuze ko nubwo batashye inzu y’ababyeyi ariko hakiri ibitari byuzura neza bikeneye kwihutishwa.

Yagize ati “Twatashye iyi nzu y’ababyeyi ariko hari ibyo twasanze bituzuye neza. Twasabye akarere ko kabikurikirana. Ikindi twasanze muri serivisi z’ubuzima harimo ibibazo bitandukanye birimo abakozi bake n’ibindi ariko turabizeza ko dufatanyije n’akarere tuzabikemura ku buryo bitarenga uyu mwaka.’’

Inzu y’ababyeyi y’Ikigo Nderabuzima cya Nyakabuye yatashywe yatwaye arenga miliyoni 59 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu Karere ka Rusizi hari ibitaro bibiri birimo ibya Gihundwe na Mibilizi, ibigo nderabuzima 19 n’amavuriro mato 55.

Ab'i Nyakabuye bamwenyuye nyuma yo kwegerezwa inzu y’ababyeyi mu kigo nderabuzima
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, yari kumwe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba mu Rwanda, Habitegeko François
Dr Mpunga Tharcisse nyuma yo gufungura inzu y'ababyeyi ya Nyakabuye yaganiriye n'abajyanama b'ubuzima abashimira umusanzu batanga mu rwego rw'ubuzima
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Mpunga Tharcisse, yijeje abakorera Nyabitimbo kugerwaho n'imiti babuze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .