00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDF n’Ingabo za Amerika bavuye abaturage basaga ibihumbi bitanu i Rwamagana na Kayonza

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 21 March 2024 saa 11:22
Yasuwe :

Ingabo z’u Rwanda(RDF) ndetse n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ishami rya Afurika, zavuye abaturage ibihumbi bitanu mu turere twa Rwamagana na Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.

Ni nyuma y’ubufatanye bwabaye hagati ya RDF ndetse n’Ingabo za Amerika zishinzwe Afurika zizwi nka United States Africa Command (USAFRICOM) zifite icyicaro mu Budage ndetse n’iza Nebraska National Guard (NENG). Izi ngabo zavuye abaturage 5000 muri utu turere zifatanyije.

Lt Col Dr John Bukuru usanzwe ari umuganga mu Bitaro bya Gisirikare by’u Rwanda, yatangaje ko ubu bufatanye bwasize abantu 92 babazwe mu Bitaro bwo kwigirishirizamo bya Rwamagana, Ibitaro by’Akarere bya Gahini ndetse n’Ikigo Nderabuzima cya Mwulire.

Agaragaza ko yishimiye ubu bufatanye bwabaye hagati y’Igisirikare cy’u Rwanda n’iki cya Amerika, bwafashije abantu mu gihe gito.

Serivisi zatanzwe zirimo kubaga, Ubuvuzi bw’imbere, kuvura amenyo, kuvura indwara z’amatwi, iz’amazuru, izu’umuhogo, Indwara z’abana n’izindi zitandukanye.

Indwara zifite aho zihuriye n'umuhogo zaravuwe muri ibi bikorwa by'ingabo z'u Rwanda n'iz'Amerika
Bamwe mu baturage bari bafite indwara zikeneye ko babagwa byarakozwe
Mu ndwara zavuwe abaturage harimo iz'amaso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .