Aba basirikare bashya bahawe ipeti rya ’Sous Lieutenant’ nyuma yo gusoza amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.
Bari mu byiciro bitatu, barimo abize amasomo y’umwuga wa gisirikare, babifatanyijemo n’amasomo ya kaminuza y’u Rwanda abahesha icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, ubuhanga mu bya Gisirikare n’ubumenyamuntu, ubuvuzi ndetse n’ubuhanga mu by’ubukanishi n’ingufu.
Icyiciro cya kabiri kigizwe n’abanyeshuri 522 bize inyigisho z’umwuga wa gisirikare gusa. Harimo abari abasirikare bato 355, hamwe n’abari abasivili 167 bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kaminuza mu mashami atandukanye.
Icyiciro cya gatatu kigizwe n’abofisiye 33 barangije mu mashuri y’igisirikare mu bihugu by’inshuti z’u Rwanda.
Kurikira mu ncamake uburyo uyu muhango wagenze
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!