00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbere ya Perezida Kagame, abasirikare 624 barahiriye kurinda u Rwanda: Reba uko byari byifashe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 April 2024 saa 11:36
Yasuwe :

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, abasirikare bo ku rwego rwa ofisiye bashya barahiriye kurinda u Rwanda, mu muhango wo kubinjiza mu Ngabo z’u Rwanda wayobowe na Perezida Paul Kagame.

Aba basirikare bashya bahawe ipeti rya ’Sous Lieutenant’ nyuma yo gusoza amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.

Bari mu byiciro bitatu, barimo abize amasomo y’umwuga wa gisirikare, babifatanyijemo n’amasomo ya kaminuza y’u Rwanda abahesha icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, ubuhanga mu bya Gisirikare n’ubumenyamuntu, ubuvuzi ndetse n’ubuhanga mu by’ubukanishi n’ingufu.

Icyiciro cya kabiri kigizwe n’abanyeshuri 522 bize inyigisho z’umwuga wa gisirikare gusa. Harimo abari abasirikare bato 355, hamwe n’abari abasivili 167 bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kaminuza mu mashami atandukanye.

Icyiciro cya gatatu kigizwe n’abofisiye 33 barangije mu mashuri y’igisirikare mu bihugu by’inshuti z’u Rwanda.

Kurikira mu ncamake uburyo uyu muhango wagenze


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .