00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibirwa bya Maurice bigiye kohereza icyogajuru cya mbere mu isanzure

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 3 June 2021 saa 10:11
Yasuwe :

Ibirwa bya Maurice bwa mbere bigiye kohereza icyogajuru mu isanzure, cyitezweho gutanga amakuru azajya yifashishwa mu gukumira ibiza.

Iki cyogajuru kiroherezwa mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, gihagurukire mu Kigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Kennedy Space Center giherereye muri Florida.

Icyo cyogajuru nikigera mu isanzure, kizatangira kuzenguruka Isi, cyohereze amakuru mu kigo gishinzwe ubushakashatsi no guhanga udushya muri Maurice.

BBC yatangaje ko icyo cyogajuru kizajya cyohereza amakuru inshuro enye cyangwa eshanu ku munsi.

Ayo makuru azajya asesengurwa afashe icyo gihugu kiri mu Nyanja y’Abahinde, gufata ingamba zigamije gukumira ibiza. Byitezwe ko kandi amakuru kizatanga azafasha kugenzura ibinyabuzima n’undi mutungo wo mu nyanja no guhangana n’ikibazo cy’igabanuka ry’amafi mu nyanja.

Mu bindi amakuru icyo cyogajuru kizatanga azajya yifashishwamo ni ukumenya kare ahashobora kwibasirwa n’imyuzure.

Iki cyogajuru cyitezweho gufasha Ibirwa bya Maurice kubona amakuru azafasha mu gukumira ibiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .