00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyogajuru cy’u Bushinwa cyakuye itaka ku kwezi

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 17 December 2020 saa 10:21
Yasuwe :

Icyogajuru cy’u Bushinwa cyagiye ku kwezi mu butumwa bwiswe China’s Chang’e-5 cyagarutse ku Isi cyikoreye urutare n’ubutaka cyakuye ku kwezi.

Cyaguye mu gace ka Mongolia mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu rishyira ku wa Kane. Gikoze uru rugendo nyuma y’imyaka 40 icyogajuru Apollo cy’Abanyamerika na Luna cya Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete bivanye ubutaka ku kwezi.

Ubu butaka bwavanywe kuri uyu mubumbe buzakoreshwa mu bikorwa by’ubushakashatsi bugamije kureba niba ubuzima bushoboka kuri uyu mugabane. Ku Bushinwa, burashaka no kwerekana ko bufite ubushobozi buhambaye bwo kugaragara no mu isanzure.

Mu mpera za Ugushyingo nibwo ubu butumwa bwa Chang’e-5 bwatangiye. Ntabwo bizwi neza ingano y’ubutaka iki cyogajuru cyakuye kuri uyu mubumbe ariko bikekwa ko buri hagati y’ibiro bibiri na bine.

Ku rundi ruhande, mu butumwa bwakozwe na Apollo na Luna, Amerika na Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zakuye ku kwezi ibintu bifite uburemere bw’ibiro bugera kuri 400.

Aho u Bushinwa bwakuye iryo taka, ni mu gice cy’ukwezi cyitwa Mons Rümker kimeze nk’ibirunga mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’igice cyako.

Amashusho agaragaza icyogajuru u Bushinwa bwohereje ku kwezi kiri guharagata urutare rwo kuri uyu mubumbe. Cyamazeyo iminsi ibiri
Bivugwa ko u Bushinwa bwavanye ku kwezi ibiro bibiri cyangwa bine by'urutare n'ubutaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .