00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubushakashatsi bwa UAE mu isanzure bwerekanye ifoto ya mbere yo kuri Mars

Yanditswe na Dufitumukiza Salathiel
Kuya 15 February 2021 saa 10:40
Yasuwe :

Nyuma yo kohereza mu isanzure icyuma gifata amafoto cyo gufasha abashakashatsi bo muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) kuhakorera ubuvumbuzi kuwa 9 Gahyantare 2021, ubu icyo cyuma cyamaze kohereza ifoto ya mbere cyafashe ku mubumbe wa Mars.

Icyo cyuma kizwi nka “probe” mu Cyongereza cyahawe izina bwite rya “Hope”, ifoto ya mbere cyafashe cyayohereje ku wa Gatatu w’icyumeru gishize, bihesha icyo gihugu kuba icya mbere mu by’Abarabu gikoze igikorwa cy’indashyikirwa nk’icyo.

N’akanyamuneza kenshi, Minisitiri w’intebe wa AUE, Mohammed ben Rached al-Maktoum, yanditse kuri Twitter ye ati “Amateka ariyanditse, ifoto ya mbere ya Mars ifashwe n’ubushakashatsi bw’Abarabu.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Isanzure cyatangaje ko “ifoto yafashwe ni iy’ikirunga kinini cyane mu mibumbe igaragiye izuba, Olympus Mons, mu masaha y’igitondo izuba rikimuritseho."

Ubushakashatsi bushingiye ku mafoto mu isanzure bw’Abarabu bugamije kugaragaza neza imitere y’ikirere cya Mars nk’umubumbe ikiremwa muntu gihanze amaso mu kuhagurira ibikorwa byanarimba hagaturwa.

Bitandukanye n’ubushakashatsi bw’Abashinwa n’Abanyamerika buzakorerwa ku butaka bw’uwo mubumbe, ubw’Abarabu bwo buzakorerwa mu kirere gusa.

Byitezwe ko muri Nzeri uyu mwaka ari bwo amakuru yavumbuwe n’ubushakashatsi bw’ibyo bihugu uko ari bitatu kuri uwo mubumbe azatangira gushyirwa ahagaragara, abashakashatsi batandukanye hirya no hino mu Isi bakaba bayifashisha.

Icyuma cya UAE gifata amafoto mu isanzure cyohereje ifoto ya mbere yo ku mubumbe wa Mars

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .