00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Christopher n’abafana be bunamiye Abatutsi bashyinguwe ku Gisozi (Amafoto)

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 9 May 2016 saa 08:24
Yasuwe :

Muneza Chritophe [Christopher], umwe mu bahanzi icumi bahatanira PGGSS ya 6 aherekejwe n’itsinda ry’abafana be bahuriye mu muryango bise ‘Imanzi’ rushanwa basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi ahashyinguwe imibiri y’Abatutsi basaga ibihumbi 250.

Iki gikorwa cyabaye kuwa wa Gatandatu tariki 7 Gicurasi 2016, babanje gukora urugendo rwo kwibuka rwatangiriye ahitwa ku Kinamba barusoreza ku rwibutso rukuru rwa Jenoside mu Mujyi wa Kigali.

Bakigera kuri uru rwibutso basobanuriwe amateka y’u Rwanda mbere y’umwaduko w’Abakoloni n’uko politiki ya mpatse ibihugu yaciyemo ibice Abanyarwanda kugeza ubwo Abahutu bakanguriwe kwica Abatutsi maze abasaga miliyoni bahasiga ubuzima.

Barangajwe imbere na Christopher ari na we bahuriyeho, bunamiye Abatutsi bazize Jenoside ndetse banasobanurirwa imizi ya Jenoside, uko yashyizwe mu bikorwa n’ubugome ndengakamere yakoranywe.

Christopher yabwiye IGIHE ko yagize igitekerezo cyo kujyana abafana be gusura no gutambagira ibice bigize urwibutso nyuma y’inyigisho yahawe ubwo abahanzi bahatanira PGGSS basuye Urwibutso rwa Gisozi.

Yagize ati “Ni njye wazanye igitekerezo kubera amasomo batwigishije ubwo duheruka ku rwibutso. Batubwiye ko nk’abahanzi dukwiye gufata iya mbere mu gukwirakwiza aya mateka no gusobanurira abandi uko byagenze. Byatumye nkigeza ku bafana banyemerera kuza ndetse nzakomeza nkore uo nshoboye ijwi ryanjye rigera kure mu gusobanura iby’aya mateka.”

Bashyize indabyo ku rwibutso rushyinguwemo Abatutsi basaga ibihumbi 250

Christopher yavuze ko iki gikorwa yahuriyemo n’abafana be gisobanuye byinshi kuri we nk’umuhanzi ndetse abifata nk’inshingano ikomeye buri wese akwiye gukora ari nako bamaganira kure icyakongera gucamo ibice Abanyarwanda.

Yagize ati “Bisobanuye byinshi kuri njyewe nk’umuhanzi, ubwo Jenoside yategurwaga hari abantu bakoresheje amazina akomeye bari bafite mu kubiba urwango mu Banyarwanda. Bisobanuye ko natwe dufite amazina akomeye uyu munsi dufite inshingano zo gutanga ubutumwa bwigisha abantu ubumwe, amahoro n’urukundo no guhangana n’ingaruka Jenoside yadusigiye.”

Christopher yasigiye Urwibutso rwa Jenoside inkunga y’amafaranga y’u Rwanda [atatangaje umubare] azarufasha mu bikorwa byo kurubugangabunga.

Christopher n’itsinda ry’abafana be ’Imanzi’ basanzwe bahurira mu bikorwa by’urukundo n’ubutabazi ku bababaye ndetse ngo hari ibindi bazakora mu gukomeza gufatanya n’u Rwanda kwikemurira ibibazo.

Christopher n'itsinda ry'abafana be bitwa 'Imanzi'
Mu rugendo rwo kwibuka
Bakoze urugendo rwo kwibuka, rwatangiriye ku Kinamba rusorezwa ku rwibutso
Bakigera ku rwibutso rwa Kigali rwa Kigali
Bafashe umunota wo kunamira Abatutsi bishwe muri Jenoside
Basobanuriwe ko amacakubiri ariyo yabyaye Jenoside
Hano barebaga filime ngufi ikubiyemo amateka ya Jenoside
Christopher n'abafana be batambagijwe ibice bitandukanye by'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .