00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Christopher wasohoye amashusho ya ‘Dutegereje iki’ yihaye ingamba nshya muri 2016

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 22 December 2015 saa 03:12
Yasuwe :

Muneza Christophe, umwe mu bahanzi bakora umuziki wibanda ku rukundo avuga agiye gukora iyo bwabaga akigaragaza mu bahanzi bazakora impinduka zidanzwe mu Rwanda mu mwaka wa 2016.

Christopher yamenyekanye cyane mu muziki kubera indirimbo ‘Iri joro’ yijeje abafana be ko mu mwaka wa 2016 azakoresha imbaraga nyinshi mu kuzana impinduka ziganisha heza umuziki we.

Yagize ati “Mbere ya byose ndabashimira, navuga ko mu mwaka dusoje bambaye hafi bishoboka, nakoresheje ingufu nyinshi ndetse na bo baranshyigikira.”

Yongeraho ati “Ikindi ni uko nzakoresha imbaraga nyinshi bakabona impinduka muri 2016, urwego ngezeho ni rwiza ariko birashoboka ko ninkora cyane na bo bakanshyigikira nzagera kure.”

Nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Dutegereje iki’, Christopher ufashwa mu muziki bya hafi na Kina Music, yabwiye IGIHE ko hari indi mishinga mishya agiye gushyira hanze nyuma y’iyi ndirimbo.

Yagize ati “Nyuma yo gusohora iyi , hari indi mishinga nzabagezaho kandi ngakora cyane kugira ngo abafana barusheho kwishima no kubona umusaruro w’ibyo nkora. Ni byinshi nteganya gusa byose bizagenda bibageraho.”

Christopher yakunzwe cyane mu ndirimbo “Ndabyemeye”, “Byanze”, “Ndakabya”, “Uwo munsi” n’izindi.

Ni umwe mu bahanzi bagaragaza ko bafite ubuhanga mu miririmbire ndetse akaba ashyize imbere gukora umuziki ufite ireme no kongera umubare w’abakunda ibihangano bye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .