00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Christopher yasohoye amashusho y’indirimbo ’Ndakabya’

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 12 June 2015 saa 04:21
Yasuwe :

Nyuma y’iminsi mike ishize abyemereye abakunzi b’umuziki we, Muneza Christophe uzwi nka Christopher yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ‘Ndakabya’ yahuriyemo n’umuraperi Riderman, ikaba ari umwe mu mishinga ikomeye yari amaze iminsi ahugiyeho.

Muri iyi ndirimbo yiganjemo amagambo y’urukundo Christopher aririmba agira ati:

Ubanza ngukunda ngakabya,
Koko barabivuze ngo amaso akunda ntareba neza
Biragoye kunyumvisha ko hari ikibi wakora
Iyo babikuvuzeho ndarakara, nkakurwanaho
Kuba ngukunda byatumye ibibi ukora ntabibona
Riderman na we yunga mu rya Christopher akavuga uburyo hari igihe umuntu akunda umuntu akamwimariramo by’ikirenga ku buryo adashobora gupfa kubona amakosa ye cyangwa ibibi akora.

Nyuma y’iyi ndirimbo , Christopher arateganya kuzashyira hanze amashusho y’indi ndirimbo yise ‘Urubavu’.

Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Agatima’ ngo afite indi mishinga ikomeye ari gukoraho azagenda ageza ku bakunzi be ku buryo batazicwa n’irungu.

REBA IYI NDIRIMBO HANO:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .