Ahagana Saa Tatu z’ijoro zo kuwa Gatanu tariki 19 Mata 2024, nibwo uyu mugabo wari usanzwe ari Noteri w’ubutaka mu Murenge wa Remera yategewe mu nzira n’abantu batari bamenyekana bamutera ibyuma arapfa.
Amakuru agera ku IGIHE avuga ko abamutegeye mu nzira bikekwa ko ari abajura. Bamuteye ibyuma mu misaya no mu ijosi ku buryo yagejejwe kwa muganga yashizemo umwuka.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabwiye IGIHE ko inzego zibishinzwe zatangiye kubikurikirana.
Ati “ Nibyo amakuru twayamenye ariko ntabwo twayajyamo neza kugira ngo iperereza ribashe gukorwa neza.”
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!