Mu kiganiro uyu muhanzikazi yahaye IGIHE yavuze ko yahimbye iyi ndirimbo ashaka gutera akanyabugabo abantu bacitse intege mu rukundo rwabo, ndetse babona ruri hafi kugera ku ndunduro.
Ati “Nayihimbye nshaka guha ubutumwa abantu bakundana ariko bageze aho babona ibyabo byananiranye ndetse bigana ku iherezo. Yaba abatarashakana (bari muri za fiançailles, cyangwa abashakanye). Igitekerezo cy’iyi ndirimbo nakigize mu mwaka ushize ubwo nari ndi kureba raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kuri gatanya, cyagaragaje ko mu mwaka umwe gusa gatanya inkiko zatanze zikubye inshuro umunani.”
Yavuze ko yakomeje gutekereza ukuntu urukundo ruba ruryoshye iyo rugitangira ariko uko iminsi ishira rukagenda rukendera, indirimbo imuzamo gutyo.
Ati “Nanakomeje gutekereza ku buryo abantu bakundana batarashakana kimwe n’abashakanye na bo bagirana ibibazo byinshi ugasanga hari ubwo bashwanye kandi wenda hari uburyo byari gushoboka ko urukundo rushibuka. Ndebe uburyo bitangira bishyushye bimeze neza nyuma bikagenda bigabanuka kuri benshi indirimbo ‘Nimukongeze’ inzamo.”
Kuri we iyi ndirimbo yumva yafasha abantu hanyuma bajya gucika intege mu rukundo bakibuka ko uko byamera kose amahirwe yo kubyutsa no gukongeza igicaniro cy’umubano ashoboka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!