Uyu murambo wagaragaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ugushyingo 2021 mu Mudugudu wa Bwinyana, Akagari ka Rusave mu Murenge wa Murama.
Amakuru avuga ko ku wa Kane yari yiriwe ari muzima aganira n’abaturanyi be, bigeze ku mugoroba ngo ajya mu kabari gusangira na zimwe mu nshuti ze.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Mutuyimana Pauline, yabwiye IGIHE ko umurambo w’uyu mugabo wagaragaye mu mazi ku kiraro kigabanya Umurenge wa Murama na Kabarondo ngo bikaba bigaragara ko ari abantu bamutayemo nyuma yo kumukubita.
Ati "Ni umuturage wacu mu Mudugudu wa Byinyana, ntabwo turamenya icyo bamujijije gusa birashoboka ko ari urugomo rusanzwe, ku mugoroba bari bari kumwe basangira inzoga bukeye umurambo we uboneka mu mazi, kuri ubu hamaze gufatwa batanu bari kumwe na we, mu bimenyetso bigaragara ku murambo ni uko yabanje gukubitwa akanahambirwa amaboko bakamuta mu mazi."
Uyu muyobozi yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku bintu babona byateza umutekano muke hakiri kare ngo kuko byabafasha cyane. Yavuze ko kandi kuri ubu batanu bafashwe bakekwaho kwica uyu mugabo bashyikirijwe RIB sitasiyo ya Rwinkwavu kugira ngo bakomeze gukorwaho iperereza.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!